Kuri uyu wa Mbere Tariki ya 22 Nzeri 2025 nibwo i Paris mu gihugu cy’Ubufansa habereye umuhango wo gutanga igihembo cya Ballon d’Or 2025 ku nshuro ya 69 mumateka yayo haba mubagabo ndetse no mu cyiciro cy’abagore ndetse n’ibindi bihembo bigiye bitandukanye byagiye bihabwa abantu bagiye batandukanye.
Iborori byo gutanga Ballon d’Or 2025 byabereye muri Théâtre du Châtelet, i Paris, Ukaba utegurwa na France Football, ifatanyije na UEFA, Abantu benshi nyuma y’igihe kinini bagiye muri ibi birori bafite ubwoba bwinshi cyane bwuri buze kuyegukana dore abakinnyi ari bafite imibare igiye itandukanye, gusa byarangiye Ousmane Dembélé wa Paris Saint-Germain ni we wegukanye Ballon d’or 2025 itangwa na France Footbal,uyu mugabo yahigitse Lamine Yamal bari basigaye ari babiri bahanganye mugihe Raphihna wahabwa amahirwe we byatunguranye maze akaba uwa gatanu.
Ousmane Dembélé umwaka ushize w’imikino yafashije ikipe ye PSG gutwara ibikombe 4 byose bakiniye usibye igikombe kimwe babuze aricyi gikombe cy’Isi cyama Club batsindiwe k’umukino wanyuma, ibindi bikombe byose bya UEFA Champion League, League A, UEFA Super Cup ndetse Cope de France byose yarabyegukanye, mu mwaka ushize w’imikino yakiniye ikipe ya PSG imikino 59 ayitsindira ibitego 33 atanga imipira yavuyemo ibitego 13 ndetse 25, uyu musore kandi yateye mu izamu ibizwi nka shot on target imipira 91.
Umunyezamu Gianluigi Donnarumma usigaye akinira Manchester City, yabaye umunyezamu mwiza w’umwaka mu bihembo bya France Football 2025, nyuma yo guhesha Ikipe ya PSG yakiniraga mu mwaka ushize w’imikino, Igikombe cya Shampiyona n’icya Champions League.
Viktor Gyökeres ukinira Arsenal ni we wegukanye igihembo cya rutahizamu mwiza wa 2025 abikesha ibitego 54 yatsinze ubwo yakiniraga Sporting Portugal mu mwaka ushize w’imikino.
Ikipe ya Paris Saint Germain itigeze yitabira bino birori kubera ko byabaye iri gukina umukino yatsinzwe na Mariseille igitego 1-0 mu mukino wagombaga kuba k’umunsi w’ejo ariko ntuze kuba kubera ko ikirere kitari kimeze neza, PSG yegukanye igihembo cy’ikipe nziza mu bihembo bya Ballon D’or 2025 nyuma yo kwitwara neza umwaka ushize ikegukana ibikombe 4 byose brimo UEFA Champion League, Cupe de France, UEFA Super Cup, ndetse na SUPER Cup y’ubufaransa, yanageze k’umukino wanyuma w’igikombe cy’Isi cyama Club.
Luis Enrique utitabiriye ibirori n’ubundi kubera yarari gutoza umukino utoza Paris Saint-Germain ni we wahawe igihembo cya Johan Cruyff Trophy nk’uwahize abandi batoza mu bihembo bya France Football 2025, ahigitse Arne Slot wa Liverpool.
Lamine Yamal yegukanye igihembo cy’umukinnyi ukiri muto kizwi nka Men’s Kopa Trophy akaba yagitwaye ku nshuro ya kabiri yikurikiranya nyuma yo kwitwara neza umwaka ushize w’imikino afasha ikipe ya FC Barcelona kwegukana igikombe cya Shampiyona aho yatsinze ibitego 19 atanga imipira yavuyemo ibitego mu mikino 65 yakiniye FC Barcelon mu mwaka ushize.
Aitana Bonimatti wa FC Barcelona yegukanye Ballon D’or mu bagore ahita aca agahigo ko kuba umugore wa mbere utwaye Ballon D’or eshatu zikurikiranya, uyu mugore umwaka ushize w’imikino atsinda ibitego 12 atanga imipira 6 yavuyemo ibitego, yakiniye ikipe y’Igihugu ya Espagne imikino 6 atsinda igitego 1 atanga umupira umwe wavuyemo igitego.

Ousmane Dembélé wa Paris Saint-Germain ni we wegukanye Ballon d’or 2025





Aitana Bonimatti wa FC Barcelona yegukanye Ballon D’or mu bagore ahita aca agahigo ko kuba umugore wa mbere utwaye Ballon D’or eshatu zikurikiranya

Lamine Yamal yegukanye igihembo cy’umukinnyi ukiri muto kizwi nka Men’s Kopa Trophy

Luis Enrique niwe wabaye umutoza w’umwaka mubagabo

Umunyezamu Gianluigi Donnarumma usigaye akinira Manchester City, yabaye umunyezamu mwiza w’umwaka

Viktor Gyökeres ukinira Arsenal ni we wegukanye igihembo cya rutahizamu mwiza wa 2025


PSG niyo kipe yabaye ikipe y’umwaka mu bagabo

Arsenal niyo yabaye ikipe y’umwaka mubagore
