APR FC yakiriye abakinnyi batandatu bari mu makipe y’ibihugu, bitozanyije na bagenzi babo bitegura umukino wa 1/2 cya CECAFA Kagame Cup uzabahuza na Al Hilal ku wa Gatandatu.
Ikipe ya APR FC yerekeje muri Tanazania gukina imikino ya CECAFA Kagame Cup 2025 idafite abakinnyi bagera kuri 7 bari barahamagawe mu makipe y’ibihugu baybo kubifasha mu mikino yo gusha itike y’igikombe cy’Isi cya 2026, nyuma y’uko imikino y’ibihugu irangiye abakinnyi ba APR FC bari kumwe n’ikipe y’igihugu Amavubi ntago bogarukanye n’amavubi i kigali ubwo bavaga muri Africa y’Epfo ahubwo bafashe indege iberekeza muri Tanzania gusanga ikipe yabo ndetse n’abagande babiri bavuye mu ikipe igihugu ya Uganda berekeza muri Tanzania.
abakinnyi bamaze gutangira imyitozo harimo 4 barikumwe n’Amavubi barimo Ishimwe Pierre, Niyomugabo Claude, Omborenga Fitina na Mugisha Gilbert. naho bari mu ikipe y’igihugu ya Uganda ni Denis Omedi, Ronald Ssekiganda.
APR FC irimo kwitegura umukino wa 1/2 cya CECAFA Kagame Cup uzaba ku wa gatandatu tariki ya 13 Nzeri 2025 uzayihuza na Al Hilal yo muri Sudan uzatangira ku isaha ya 12h30.




