Abantu basaga 200 bari mu bwato bwarohamye mu Mugezi wa Niger muri Nigeria

Amakenga akomeje kwiyongera ku buzima n’umutekano w’abarenga 200 bari mu bwato bwarohamye mu Mugezi wa Niger kuwa Kane. Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ibinyabiziga by’Amazi (NIWA) rwemeje ko iyo mpanuka yabaye, aho abenshi mu bari mu bwato bari abagore b’abacuruzi bavuye muri Leta ya Kogi bajya ku isoko muri Leta ya Niger.

Umuyobozi w’Ishami ry’Itangazamakuru muri NIWA, Suleman Makama, yavuze ko ubu bwato bwarohamye ahitwa Dambo-Ebuchi, kandi ko hataramenyekana neza umubare w’abapfuye. Yagize ati:
“Ni byo koko, habaye impanuka y’ubwato kuwa Kane, harimo abagore benshi bari bagiye ku isoko muri Leta ya Niger. Turacyakora iperereza kugira ngo tumenye umubare nyakuri w’abari mu bwato ndetse n’impamvu iyi mpanuka yabaye.”

Abatangabuhamya bavuze ko ubwo bwato bwari ubw’umugabo witwa Musa Dangana, bukaba bwari butwaye abagenzi barenga 200, barimo abagore b’abacuruzi n’abakozi b’imirima bajya ku isoko rya buri cyumweru rizwi nka Katcha Weekly Market. Abantu 54 bivugwa ko aribo bashobobora kuba barahitanywe n’iyi mpanuka y’ubwato bwari butwaye abarenga 200. Kugeza ubu, imibiri 24 ni yo imaze kuboneka, mu gihe ibikorwa byo gushakisha abandi bagenzi bigikomeje.

Bola Oyebanji, Umuyobozi Mukuru wa NIWA, yagaragaje ko impanuka nk’izi kenshi ziterwa n’amakosa y’abantu, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, no kudakurikiza amategeko y’umutekano wo mu mazi. Yavuze ko urwego ayoboye rwiyemeje gukomeza guteza imbere umutekano w’abakoresha inzira z’amazi.

Iyo mpanuka ibaye mu gihe kitageze ku mezi abiri habaye izindi mpanuka ebyiri z’ubwato muri Nigeria. Mu kwezi gushize, ubwato bwari butwaye abagenzi 300 bwarohamye mu Mugezi wa Niger, abarenga 200 bahasiga ubuzima.

Ubuyobozi burasaba abagenzi gukomeza gukurikiza amabwiriza y’umutekano mu gihe bakoresha inzira z’amazi, cyane cyane kwambara imyenda ibarinda kurohama.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends