Al Ahli Tripoli niyo yegukanye BAL 2025 itsinze ikipe ya Petro de Luanda 88-67

Ikipe ya Al Ahli Tripoli niyo yegukanye BAL 2025 itsinze ikipe ya Petro de Luanda 88-67,ikipe ya Al Hilal Tripoli yo muri Libya niyo yabashije kwegukana Bal 2025 nyuma y’uko yagiye ihigika amakipe agiye atandukanye harimo n’ikipe ya APR BBC yahano m’u Rwanda kuko niyo yayikuyemo muri 1/2.

Ikipe ya Al Ahli Tripoli yagiye yerekana ko ari ikipe ikomeye ubwo bakinaga imikino ya Nile Conference yabereye hano i kigali muri BK Arena igatsinda imikino itandatu yose harimo n’imikino ibiri yatsinzemo ikipe ya APR BBC, n’imwe mu amakipe ifite abasore bazi gutsinda amanota atatu bagera kuri batanu ahanini ari nacyo bagiye barusha amakipe agiye atandukanye, n’ubwo APR BBC yaje kwiyunbaka ikongeramo abandi basore ndetse n’umutoza ntibyabujije Ikipe ya Al Ahli Tripoli kongera kubatsinda amanota 84-71 ikabasezerera muri 1/2.

Umukinyi w’urushanywa yabaye umusore ukinira Ikipe ya Al Ahli Tripoli witwa Jean Jacques Boissy akaba ariwe watowe nka MVP wa Ball 2025, ikipe y’irushanywa igizwe n’abakinnyi 5 aribo Jacques Boissy ukinira Al Ahli Tripoli ari nawe MVP, harimo kandi Jaylen Adms ukinira Al Ahli Tripoli, Majok Deng ukinira Al Ittihad,Patrick Garden ukinira Petro de Luanda ndetse na Aliou Diarra ukinira APR BBC, abo nibo bakinnyi batanu beza kuri buri mwanya b’irushannywa.

Ikipe ya Al Ahli Tripoli yabaye iyambere inegukana BAL 2025, naho Petro de Luanda iba iya kabiri, APR BBC iba iya gatatu naho Al Ittihad iba iya Kane.

Abakinnyi 5 beza muri BAL 2025

Jacques Boissy niwe wabaye umukinnyi w’irushanywa rya BAL 2025

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends