Amarangamutima ya Marcus Rasford nyuma yo kwinjira muri FC Barcelona

K’umunsi w’ejo hashize k’umugoroba nibwo bayatangajwe ko Umwongereza w’imyaka 27 Marcus Rasford yamaze gushyira umukono kumasezerano y’umwaka umwe nk’intizanyo ya Manchester United muri FC Barcelona nyuma y’igihe gito uyu musore abwiwe n’iyi kipe ko ari mubakinnyi 5 ino kipe itagifite muri gahunda zayo.

Marcus Rasford yerekeje muri FC Barcelona nayo ndetse anasinya umwaka umwe nkintizanyo ya Manchester United harimo ko bitewe n’uko uno musore azitwara ikipe ya FC Barcelona izamugura agera kuri miliyoni £30.

Mu kwerekeza muri FC Barcelona Marcus Rashford yabigizemo uruhare rukomeye nyuma y’uko ikipe ya FC Barcelona yagaragaje mbere ko uyu musore ari mu bakinnyi yifuza ariko akaba Atari nimero yambere, nyuam y’uko Nico Williama yongereye amasezerano muri Atletic Bibao, amahirwe yahise aba menshi ko uyu musore Marcus Rashford wari waramaze no kwamburwa nimero yamabaraga muri Manchester United 10 ndetse akemera no kugabanya umushahara.

Uyu musore yagaragaje amatrangamutima ko yishimiye kuba agiye gukinira ikipe ya FC Barcelona

Ndishimye cyane. Barcelona ni ikipe inzozi z’abantu batandukanye, ifite ibikombe bikomeye. Icyo iyi kipe ihagarariye gifite agaciro kanini kuri jye. Numva meze nk’uri mu rugo. Ibi byatumye mpitamo kuza hano kuko ari ahantu hahurira impano kandi hatekanaye.”

Yakomeje agira ati: “Ikindi cyatumye nza ni ibiganiro nagiranye na Hansi Flick. Ibyo yakoze mu mwaka ushize byari bihambaye. Kuyobora ikipe igizwe n’abato ikagera kure, none bakaba baragarutse biteguye byinshi, byanyeretse ko Barcelona ari ikipe ifite icyerekezo. Nshishikajwe no kwiga uburyo bakina hano.”

Abajijwe ku ikip ya Manchester United isa naho yamwirukanye muburyo bugayitse ndetse ikanamanura amaforto ye nk’umukinnyi wakuriye muri iyi kipe bimwe mubintu bitashimishije abantu.

Manchester United irimo guhinduka kandi bimeze igihe. Nta kintu kibi navuga kuko yabaye igice gikomeye mu buzima bwanjye, si mu mupira gusa. Ndayishimiye kandi nifuza ko yagera ku ntsinzi.”

“Ndashaka gutwara ibikombe bikomeye kandi numva Barcelona ari ikipe ikwiriye. Ifite abakinnnyi bato bafite inyota yo gutsinda, nanjye nshaka kongera ubushobozi, ubunararibonye, no gufasha ikipe gutera imbere.”

Yasoje agira ati: “[Champions League] ni kimwe mu byo ikipe yarimo irwana kugira ngo igeremo umwaka ushize. Bari babuze gato. Uyu mwaka ndifuza kubafasha gutera intambwe. Barça ni ikipe ya kera yanditse amateka yo gutwara ibikombe bikomeye. Kuyih’a intsinzi ni inzozi zanjye.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends