Amerika nicyo gihugu cya mbere gifite ingengo y’imari nyinshi mu bikorwa by’umutekano

Leta zunze ubumwe za amerika nyuma yo kuba Ari igihugu cyiyubatse mu ngeri nyinshi zirimo uburezi n’ibindi bikorwa bizamura ubukungu bwayo yongeye Gushyirwa ku isonga mu bihugu bifite ingengo y’imari nyinshi ishyira mu inzego z’umutekano.

Ni Urutonde ruriho ibihugu byiganjemo ibisanzwe byumvikana nanone mu mutekano uhambaye ku isi nanone bigaragaramo ibyo ku mugabane wa Asia ikigaragaza ko kuri uyu mugabane bamaze gutera imbere dore ko ibi bihugu bishora menshi kugira ngo bigere kuri uru rwego.

Ku mwanya wa Mbere hari leta zunze ubumwe za amerika ivugwaho arenga Miliyari 800 zirengaho z’amadorali hafi kugera kuri Tiliyari y’idorali naho ubushinwa buri ku mwanya wa Kabiri bukaba buri ku asaga Miliyari 250 z’amadorali.

Ku mwanya wa gatatu hari igihugu cy’uburusiya kiri mu bifite ijambo rinini mu bikorwa byinshi by’umutekano ku isi ku ingengo y’imari ya Miliyari 125 mu mafaranga y’amadorali naho ubuhinde bukaba bushyira mu bijyanye n’umutekano Miliyari 70 zirengaho z’amadorali ku mwanya.

Saudi Arabia niyo iri ku mwanya wa Gatanu aho yo ishyira arenga Miliyari 70 hafi n’enye z’amadorali mugihe ibindi bihugu nk’ubwongereza,ubuyapani,ubufaransa biri mu bindi biri mu biri mu icumi bya mbere kuri uru rutonde.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends