Ikipe ya APR FC yamaze kumenya ikipe bazahura muri ½ cya CECAFA Kagame Cup 2025 aho bazahura n’ikipe ya Al Hilal yo muri Sudan.
Ikipe ya ya Al Hilal nyuma yo gutsinda ikipe ya Kator FC ibitego 3-1 yahise ibona itike ya 1/2 cya CECAFA Kagame Cup aho yahise isanga APR FC iyitegereje, uyu mukino uzab k’umunsi wo ku wa gatandatu tariki ya 12 Nzeri 2025 n’umukino uzatangira ku isaha ya 11: zaho mu Rwanda, ni mugie umukino wanyuma uteganyijwe tariki ya 15 Nzeri 2025.
Ku mukino usoza amatsinda APR FC yakinnye ku wa Mbere, yari ifite abakinnyi 15 bo mu ikipe ya mbere kuko Dauda Yussif yari afite amakarita abiri y’umuhondo naho Djibril Ouattara arwaye. Gusa iyi kipe yajyanye n’abakinnyi bane bakiri bato basanzwe bakinira Intare FC.
Abakinnyi ba APR FC bari muri Afurika y’Epfo : Niyomugabo Claude, Byiringiro Gilbert, Fitina Omborenga na Ishimwe Pierre barahaguruka muri Afurika y’Epfo 22h bagere Tanzania mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane (2h00). Hari kandi ka Denis Omedi na Ronald Ssekiganda bari bari mu ikipe y’igihugu ya Uganda.

APR FC izacakirana na Al Hilal yo muri Sudan muri ½ cya CECAFA Kagame Cup 2025
