APR FC igiye gusinyisha Rutahizamu mpuzamahanga William Mel Togui ukomoka muri Côte d’Ivoire wari usanzwe ukina mu ikipe Ankara Keçiörengücü ya yo mu cyiciro cya Kabiri muri Turkeya.
Biteganyijwe ko uyu rutahizamu William Mel Togui agomba kuzashira umuko kumasezerano y’imyaka ibiri ubwoaza ageze I Kigali, ibyo kuba APR FC yaramaze kumvikana n’uyu rutahizamu igisigaye arukugera I Kigali agasinya byatangajwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Nyakanga 2025 mu biroro byise’APR FC ku ivuko’, Chairman wayo Brig Gen Deo Rusanganwa yatangaje ko uyu rutahizamu yamaze kohererezwa itike y’indege ndetse ko azagera mu Rwanda vuba ahangaha.
Rutahizamu William Mel Togui w’imyaka 28, n’umwe muri barutahizamu beza ndetse bakinye no ku rwego rwiza ukurikije ahao yagiye akaina kuko yatangiye kwigaragaza muri 2017/2018 yagize umwaka mwiza w’imikino ari nawo wamufunguriye amarembo ubwo yatsinda ibitego 23 mu mwaka umwe w’imikino mu ikipe ya SC Gagnoa yo muri Côte d’Ivoire.
Ibyo byatumye abengukwa nikipe ya Mechelen yo mu cyiciro cya mbere mu gihugucy’’Ububuligi aho yakinnye igihe kitari gito kigera ku myaka itanu yose akaza kuhava atijwe mu makipe atandukanye arimo Espérance de Tunis, RWDM na Hapoel Jerusalem yo muri Israël. Nyuma yahoo nabwo yaje gutizwa mu ikipe ya Ankara Keçiörengücü yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Turikiya, aho atabonye umwanya wo gukina.
Uyu niwe mukinnyi wa nyuma ikipe ya APR FC itegerje gusinnyi muri uyu mwaka ubundi igashyiraho akadomo ibyo kugura abakinnyi, APR FC n’imwe mu makipe yagagaye ku isoko ryigura ry’abakinnyi muri uyu mwaka kuko yasinyishije abakinnyi bagera ku icyenda bose barimo abanyamahanga batatu ndetse n’abanyarwanda batandatu barimo batatu yakuye muri Rayon Sport, abakinyi APR FC yasinyishije uyu mwaka harimo Memel Dao, Omborenga Fitina, Hakizimana Adolphe, Ngabonziza Pacifique, Iraguha Hadji, Bugingo Hakim, Nduwayo Alex na Ronald Ssekiganda.
APR FC yamaze gutangira imyitozo yitegura umwaka w’imikino utaha uzatangirana na Super Cup izahuramo na Rayon Sport tariki ya 2 Kanama 2025, ndetse ngo intego nyamukuru mu mwaka utaha w’imikino wa 2025/2026 n’ukugera mu matsida ya CAF Champion League.

William Mel Togui ukomoka muri Côte d’Ivoire yamaze koherezwa itike y’indege izamuza i kigali

William Mel Togui ukomoka muri Côte d’Ivoire amaze guhamagarwa n’ikipe y’igihugu inshuro eshanu
