Ikipe ya APR FC yari yasabye Rwanda Prier League ko babasubikira umukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona bazahuramo na Gicumbi Fc ariko uru rwego rushinzwe gutegura shampion y’icyiciro cya mbere hano mu Rwanda rutera utwatsi ubwo busabe.
Ikipe ya APR FC irimo kwitegura umukino mpuzamahanga w’ijonjora rya mbere rya CAF Champion League igomba kuzakina imikino ibiri izakinamo n’ikipe ya Pyramid yo mu Misiri ,n’ukuvuga umukino ubanza uzaba tariki ya 1/101/2025 ubere kuri Kigali Pele Stadium, naho umukino wo Kwishyura uzaba tariki ya 7/10/2025 ubere mu Misiri, mu rwego rwo kugumya kwitegura neza ino mikino ikipe ya APR FC yari yasabye Rwanda Primier League ko yabasubikira umukino wayo na Gicumbi FC ariko uru rwego rwateye utwatsi ubwo busabe.
APR FC ntago yakinye umukino w’umunsi wa mbere wari kuyihuza na Marine FC kuko yariri muri Tanzania mu mikino ya CECAFA Kagame Cup, aho yageze i Kigali k’umunsi w’ejo hashize, igomba kubanza igakina umukino na Gicumbi FC mbere yo gukina Pyramid kuko ubusabe bwayo bwo kuwusubika bwo bwatewe utwatsi.
APR FC yabonye umwanya wa Gatatu muri CECAFA Kagame Cup 2025 yaberaga muri Tanzania Nyuma yo gutsinda igitego 1-0 ikipe ya KMC yo muri Tanzania. Bamwe mubakunzi ba APR FC bavugako ikipe yabo ititwaye neza mu mikino yose yakinye haba mu guhera mu nkera y’abahizi ndetse no muri CECAFA Kagame Cup bavuga ntakizere ikipe yabo itanga cyo kuzihagaraho imbere ya Pyramid.

APR FC yari yasabye ko umukino wayo na Gicumbi wimurwa, ariko RPL ibitera utwatsi
