APR FC yatsinzwe na Al Hilal Omdurman ibitego 3-1, inanirwa kugera ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 13 Nyakanga 2025 nibwo hakinywe umukino wa 1/2 cya CECAFA Kagame Cup 2025 ikomeje kubera mu gihugu cya Tanzania, ikipe ya Al Hilal yo muri Sudani yateye intambwe ikomeye igera k’umukino wa Nyuma nyuma yo kwihaniana ikipe ya APR FC ikayitsinda ibitego 3-1 kandi nyamara ikipe ya APR FC ariyo yari yabanje igitego.
Wari umukino ukomeye wa 1/2 cya CECAFA Kagame Cup nyuma y’uko amakipe yombi yagiye gukina uno mukino yamaze kwakira abakinnyi bayo bari baragiye mu makipe y’ibihugu, mbere y’umukino ikipe ya APR FC yahabwaga amahirwe bijyendanye n’uko amakipe yombi yari yaritwaye mu matsinda aho ikipe ya APR FC yari yaratsinze imikino ibiri inganya undi mukino umwe naho Al Hilal yo yari yaratsinze umukino umwe gusa ndetse inganya indi mikino ibiri.
N’umukino watangiye ku isaha ya 11:00am za Kigali bikaba 12:00am za Tanzania, n’umukino wakiniwe ku izuba ryinshi abenshi banavuga ko aribyo byatumye ikipe ya APR FC Itsindwa kuko abakinnyi ba Al Hilal n’ubundi ngo basanzwe bamenyereye izuba, n’umukino watangiye ubona ko ikipe ya APR FC irimo gukina neza gusa abenshi bibazaga impamvu umutoza Taleb yabanjemo Byiringiro Girbelt”Kagege” ndetse na Omborenga Fitina icyarimwe kandi bombi bakina k’umwanya umwe ubona ko byagoye n’ababa baose kandi mubyukui umotoza y’arafite andi mahitamo yashoboraga gukoresha, gusa ikipe ya APR FC yagerageje kwitwara neza cyane mu gice cya mbere kuko k’umunota wa 30 rutahizamu Togui William yateretsemo igitego cya mbere birangira 1-0.
Mu gice cya kabiri ikipe ya Al Hilal yari yitwaye nabi mu gice cya mbere yaje ishaka kwishyura igitego , iyi kipe yaje kubigeraho nyuma y’uko umutoza wa APR FC akoze impinduka agakuramo rutahizamu Togui William ndetse na Mamel Dao maze akinjiza Lamine ba ndetse mu Barafinda byaje guhita bituma APR FC ibura Rutahizamu byaje gutuma itonjyera kujyera imbere y’izamu rya Al Hilal, k’umunota wa 80 ikipe ya Al Hilal yaje kwishyura igitego yari yatsinzwe cyatsinzwe na Abdul Raouf, imonota 90 y’umukino yaje kurangira amakipe yombi anganya igitego 1-1.
Bongeyeho iminota 30 ikipe ya Al Hilal yaje kuyibyaza umusaruro ukomeye cyane koko k’umunota wa 93 Sunday Damilare yahise aterekamo igitego cya kabiri cya Al Hilal, k’umunota wa 107 Salem yashyizemo agashinguracumu birangira umukino ari ibitego 3-1.
APR FC yahise isezerwa itageze k’umukino wa nyuma wa CECAFA nyuma y’uko umwa washize yari yarasezereye iyi kipe n’ubundi ya Al Hilal muri 1/2 kuri penalite 4-5, ariko kuri iyi nshuro byanze yahise isezererwa itabashije kujyera k’umukino wa nyuma kandi mu mwaka ushize bwo yari yarabashije kujyeranyo ubwo yatsindwaga na Red Arrows.
APR FC igiye kwitegura gukina umukino w’umwanya wa gatatu aho bazahura hagati y’ikipe iraza gutsindwa hagati ya Singida Big Stars ndetse na KMC bari buze gukina umukino wa 1/2 kujyira ngo habone ikipe isanga Al Hilal K’umukino wa nyuma uteganyijwe kuba ku wa Kabiri.
Tariki 1/10/2025 APR FC izakira Pyramids 14h kuri Kigali Pele Stadium muri CAF Champions League



