Kuri uyu wa mbere tariki ya 7 Nyakanga 2025 nibwo ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC ibinyujije kumbuga nkoranyambaga zayo aho yatangaje ko yishimiye kwakira Umunya-Côte d’Ivoire, William Togui Mel aho yashyize umukono kumasezerano azamugeza muri 2027.
William Togui ni rutahizamu mpuzamahanga wavutse tari ya 7 Knama mu 1996 avukira mu gace ka kitwa Lakota muri Côte d’Ivoire.yatangiye gukina nkuwabigize umwuga muri 2013 ahereye iwabo mu ikipe ya Espoir Koumassi. n’umwe muri barutahizamu beza ndetse bakinye no ku rwego rwiza ukurikije aho yagiye akaina kuko yatangiye kwigaragaza muri 2017/2018 yagize umwaka mwiza w’imikino ari nawo wamufunguriye amarembo ubwo yatsinda ibitego 23 mu mwaka umwe w’imikino mu ikipe ya SC Gagnoa yo muri Côte d’Ivoire.
Ibyo byatumye abengukwa nikipe ya Mechelen yo mu cyiciro cya mbere mu gihugucy’’Ububuligi aho yakinnye igihe kitari gito kigera ku myaka itanu yose akaza kuhava atijwe mu makipe atandukanye arimo Espérance de Tunis, RWDM na Hapoel Jerusalem yo muri Israël. Nyuma yahoo nabwo yaje gutizwa mu ikipe ya Ankara Keçiörengücü yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Turikiya, aho atabonye umwanya wo gukina.
Undi mukinnyi yatangaje ko yasinyishije umukinnyi ukiri muto witwa Nduwayo Alexis wasinye amasezerano y’imyaka ine akina nkumukinnyi wa APR FC, uyu ni myugariro yakuye mu ikipe ya Gasogi United
Aba nibo bakinnyi banyuma ikipe ya APR FC yasinyishijemuri uyu mwaka ubundi igashyiraho akadomo ibyo kugura abakinnyi, APR FC n’imwe mu makipe yagagaye ku isoko ryigura ry’abakinnyi muri uyu mwaka kuko yasinyishije abakinnyi bagera kuri 11 bose barimo abanyamahanga batatu ndetse n’abanyarwanda batandatu barimo batatu yakuye muri Rayon Sport, abakinyi APR FC yasinyishije uyu mwaka harimo Memel Dao, Omborenga Fitina, Hakizimana Adolphe, Ngabonziza Pacifique, Iraguha Hadji, Bugingo Hakim, Nduwayo Alex na Ronald Ssekiganda, biyongra kuri abao babiri basinye uyu musni.
APR FC aha ninaho ishyiriyeho akadomo mu bijyanye no kugura abakinnyi uyu mwaka, iyi kipe kandi yamaze gutangira imyitozo yitegura umwaka w’imikino utaha uzatangirana na Super Cup izahuramo na Rayon Sport tariki ya 2 Kanama 2025, ndetse ngo intego nyamukuru mu mwaka utaha w’imikino wa 2025/2026 n’ukugera mu matsida ya CAF Champion League.

APR FC yasinyishije rutahizamu William Togui Mel ukomoka muri Côte d’Ivoire

William Togui Mel yasinye amasezerano y’imyaka ibiri





yatangaje ko yasinyishije umukinnyi ukiri muto witwa Nduwayo Alexis wasinye amasezerano y’imyaka ine
