APR FC yatangaje ko Umunya Marocco Abderrahim Talib ari we mutoza wayo mukuru mushya mu mu myaka ibiri iri imbere ishobora kongerwa

APR FC yamaze gutangaza ko Umunya #Maroc Abderrahim Talib ari we mutoza wayo mukuru, mu myaka ibiri iri imbere ishobora kongerwa. Uyu mutoza w’imyaka 61 yatangiye gutoza mu 2007 aho amaze guca mu makipe 13 yose yo muri Maroc.

Ibinyuje k’umbuga nkoranyambaga zayo iyi kipe y’ingabo z’igihugu yasoho amafoto Umunya #Maroc Abderrahim Talib ari we mutoza wayo mukuru, mu myaka ibiri iri imbere ishobora kongerwaitangariza abakunzi bayo ko, Abderrahim Talib n’umugabo ufite imyaka 61 y’amavuko, akaba yaratangiye umwuga w’ubutoza muri 2007 aho kuva yatangira gutoza amaze guca mu makipe agera kuri 13 mu gihe cy’imyaka 18 amaze m’umwuga w’ubotoza, ikindi kandi mu makipe yose yatoje nta kipe yigeze amaramo imyaka ibiri kuko buri kipe muri ayo 13 yatandukanaga nayo imyaka ibiri itarashira.

Yagize iti “Tunejejwe no kwakira Umutoza Mukuru Taleb Abderrahim n’abungiriza be Chahid Mohamed na Haj Taieb Hassan mu ikipe yacu mu gihe cy’imyaka ibiri ishobora kongerwa. Tumufitiye icyizere kandi twizeye ko azageza ikipe yacu ahisumbuye kurushaho. Arakaza Neza!”

K’umunsi w’ejo nibwo ku amakuru yatangajwe n’umunyamakuru Bruno Taifa ukirikiranira ibya APR FC hafi ariko usigaye aba muri Leta z’unze ubumwe z’Amerika yari yatangaje ko uyu Abderrahim Talib yamaze kumvika n’ikipe y’ingabo z’igihugu ko yaza kuyitoza. no byaje kurangira APR FC hadaciye umunsi abitangaje yahise imwerekana nk’umutoza mukuru wayo mushya.

Abderrahim Talib amwe mu makipe yatoje akomeye harimo RS Berkane, AS FAR na Wydad Athletic Club zose n’izo muri Maroco, Taleb Abderrahim yazanye n’abungiriza be Chahid Mohamed na Haj Taieb Hassan bazamufasha kuyobor a APR FC.

Kuva mu 2023 yatozaga Difaâ Hassani El Jadidi yo mu cyiciro cya kabiri muri Morocco, n’ugutegereza tukareba ko uyu mwene wabo wa Mohamed Erradi Adil ko haricyo yazageza kuri APR FC kuo intego nyamukuru ari ukugeza APR FC kure mu mikino ny’Africa ya CAF Champio League byibura akayigeza mu matsinda.

APR FC yatangaje ko Umunya Marocco Abderrahim Talib ari we mutoza wayo mushya

Abderrahim Talib yasinye amasezerano y’imyaka ibiri ishobora konjyerwa

Abderrahim Talib yatoje amakipe arimo RS Berkane, AS FAR na Wydad Athletic Club zose n’izo muri Maroco

Taleb Abderrahim yazanye n’abungiriza be Chahid Mohamed na Haj Taieb Hassan

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends