APR VC mu Bagabo n’Abagore Bageze ku Mukino wa Nyuma wa Play-offs za Shampiyona ya Volleyball

Amakipe ya APR VC mu bagabo n’abagore yageze ku mukino wa nyuma wa Play-offs za Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Volleyball, nyuma yo gutsinda imikino ibiri ibanza kuri uyu wa Gatanu. Iyi mikino yabereye muri Petit Stade i Remera, aho yari yitabiriwe n’abakunzi benshi ba Volleyball, barimo Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, ndetse na Meya w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel.

Mu bagore, Ikipe ya APR VC yatsinze RRA VC amaseti 3-0 (26-24, 25-22, 25-20), itsinda umukino wa kabiri nyuma yo gutsinda uwa mbere ku maseti 3-2 mu cyumweru gishize. Iyi ntsinzi yahise iyihesha itike yo gukina umukino wa nyuma, aho igomba guhatana n’ikipe izatsinda hagati ya Police WVC na Kepler WVC.

Mu cyiciro cy’abagabo, APR VC nayo yatsinze Kepler VC amaseti 3-0 (25-22, 25-23, 25-22), nyuma yo gutsinda umukino wa mbere ku maseti 3-0. Nubwo byari byitezwe ko Kepler VC ishobora kwihimura kugira ngo haboneke umukino wa gatatu, kuko iyo itsinda byari gusaba ko bakina umukino wa gatatu hakaboneka ikipe itsinda byarangiye APR itsindiye itike yo gukina umukino wa nyuma wa play-offs.

Indi mikino ya kabiri izakinwa kuri uyu wa Gatanu kugira ngo haboneke amakipe asanga, aho Police WVC izisobanura na Kepler WVC guhera saa Kumi, naho Police VC ikina na REG VC saa Kumi n’Ebyiri. Mu mukino wa mbere, Police VC yari yatsinze REG VC amaseti 3-1, mu gihe Police WVC nayo yatsinze Kepler WVC amaseti 3-1.

Kwinjira kuri iyi mikino ni 5000 Frw mu myanya isanzwe na 10,000 Frw muri VIP. Mu gihe haba hari amakipe anganyije umukino umwe kuri umwe, hazakinwa umukino wa gatatu wo kwisobanura ku Cyumweru tariki ya 23 Werurwe 2025.

Imikino ya nyuma n’iyo guhatanira umwanya wa gatatu izaba muri Gicurasi. Aya marushanwa aragenda asatira umusozo, aho hitezwe imikino ikomeye n’uburyohe bwo guhatanira igikombe ku makipe yabashije kugera ku mukino wa nyuma,biteganyijwe ko abakunzi b’umukino wa Vallye ball hano mu Rwanda bazabona imikino iryoheye ijisho bigendanye n’imikino twabonye ya ½ .

Nugutegereza tukareba andi makipe abairi yaba mu abagabo no mu abagore bazasanga APR VC kumukino wa nyuma.

APR WMVC nayo yageze kumukinino wa nyuma wa Play-off

Mayor w’umujyi wa kigali Dusengiyumva samuel nawe yari yitabiriye ino mikino

APR VC yageze kumukino wa nyuma wa play-off

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends