APR VC yasezerewe muri ½ cya CAVB Club Championship 2025, igomba guhatanira umwanya wa gatatu

Ikipe ya APR VC yarihagarariye u Rwanda mu mikino nya Africa y’amakipe yabaye ayambere iwabo izwi nka nka  CAVB Club Championship 2025, yasezerewe muri ½ cy’iyi mikino nyuma yo gutsindwa na Swehly yo muri Libya amaseti 3-1, mu mukino wakinywe kuri uyu wa mbere tariki ya 28 Mata 2025.

Uyu mukino wabereye mu mugi wa Misrata muri Libya, wari umukino wa mateka kuko APR VC ari ikipe ya gatatu yarigeze muri ½ muri iyi mkino ni nyuma yuko UR yagezemo muri 2011 naho Gisagara VC yagezemo muri 2021. Gusa nayo ntiyabashije kuharenga kuko yatsinzwe na  Swehly, yahise iyitsinda iseti ya mbere ku manota 25-17, ikurikiraho iya kabiri na yo itsindwa ku manota 25-18.

APR VC imaze gutsindwa amaseti 2 yagerageje kugaruka ihita itsinda iseti ya gatatu ku manota  29-27, ariko ntiyabashije gutsinda indi seti kuko bahise batsindwa iseti ya gatatu ku manota 25-22, bityo umukino urangira itsinzwe amaseti 3-1.

Nubwo APR VC itabashije kugera ku mukino wa nyuma  gusa ubona ko Atari bibi cyane kuko iyi kipe yakoze amateka yo kugera  muri ½ cy’irushanwa kuva CAVB Club Championship. Uyu mwanya kandi usobanuye intambwe ikomeye ku rwego rw’amarushanwa mpuzamahanga ku makipe yo mu Rwanda mu mikinoya volleyball.

APR VC izasubira mu kibuga ku wa Kabiri, tariki ya 29 Mata 2025 ihatanira umwanya wa gatatu ikazahura n’izatsinwa hagati ya  Espérance de Tunis yo muri Tunisia na Al Ahly yo muri Misiri biza gukina muri ½ .

Niramuka ibashije kwegukana umwanya wa Gatatu izaba ikuyeho agahigo ka Gisagara yabikoze muri 2021 ikegukana umwanya wa gatatu muri ino mikino ya CAVB Club Championship.

Indi kipe ihagarariye u Rwanda muri CAVB Club Championship, Kepler VC,iyo izahatanira umwanya wa 15 kuko yo yaserewe rugikubita muri 1/8, ikaba izakina Cameroon Sportive yo muri Cameroun.

Kuba APR FC yageze muri ½ n’intambwe ikomeye cyame k’u Rwanda mu mikino y’intoki byerekana ko ino miko iri kugenda itera imbere cyane dore ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu bifite n’ibikorwa remezo byakira imikino y’intoki bihagije. Nugutegeza tukareba uko amakipe azahararira u Rwanda ko byibura hari ikipe yazabasha kwegukana igikombe.

APR VC yatsinzwe na Swehly yo muri Libya amaseti 3-1

APR VC yasezerewe muri ½ cya CAVB Club Championship 2025, igomba guhatanira umwanya wa gatatu

Kepler VC izahatanira umwanya wa 15

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends