Nyambo na Titi brown batangiye kugaragara nk’abahumye Amaso abakunzi babo bari bamaze igihe bahangayikiye umubano wabo wajemo agatotsi kubera imibanire yabo mu minsi yashize.
Mu minsi ishize, niho havuzwe cyane iby’itandukana ry’uyu mubyinnyi Titi brown na Nyambo jesca umaze kumenyekana mu gukina filime nyaRwanda nyuma y’ibimenyetso byari hagati yabo no kudahuza kwavuzwe hagati yabo.Nyuma yo guhwihwiswa ntabwo byarangiriye aho, kuko hanagiye hanze Amashusho ya Nyambo Ari kumwe n’undi muntu avuga ko yabonye undi mu besto mushya utari Titi brown.
Nubwo abanyarwanda batangiye gushidikanya ku mubano wabo, byaje kuba ibindi bindi ubwo Nyambo yarekaga gukurikira Titi brown kuri Instagram ndetse na Konti yashyirwagaho amafoto yabo agakurwaho, maze benshi bahita bemeza ko bishobora kuba aribyo koko.
Nyuma y’ibyo benshi batangiye kugira impungenge ku mishinga ya filime Nyambo yari afitanye na Titi mbere y’ibi ariko byaje gutera abantu urujijo kuwa 12 Gashyantare 2025, ubwo umubyinnyi Titi brown yashyiraga hanze integuza ya filime yabo bitegura gusohora uyu Titi yahuriyemo na Nyambo.
Bibaye nyuma y’iminsi mike nanone Hagiye hanze Amashusho yabo bahuje urugwiro, ibyaje kuvugwa ko yafashwe bari ahafatiwe Amashusho ya filime yabo bise love wins.
Rubanda ruti, ese koko aba Bombi koko baratanye bakaba bakibanye kuburyo bahurira muri filime banafite umumaro usa nuhura mu mukino umwe, ibi nibyo bituma havugwa kuba Kari agatwiko ko kwamamaza filime yabo biteguraga gutangira Gusohora.
Iyi filime ya Titi brown irimo abakinnyi benshi nkuko bigaragara mu mashusho y’integuza yagiye hanze, mugihe iyi filime Izajya ica kuri shene ya Titi.

nyambo na Titi bongeye kugaragara muri filime imwe
