Ballon d’Or 2025: Ibirori byo gutanga iki gihembo gikomeye bizabera i Paris ku wa 22 Nzeri

Abategura igihembo cy’umupira w’amaguru kizwi nka Ballon d’Or batangaje ku mugaragaro ko ibirori byo gutanga Ballon d’Or 2025 bizaba ku wa 22 Nzeri 2025, bikabera mu Théâtre du Châtelet i Paris, mu Bufaransa.

Iki ni igihembo cya Ballon d’Or kigiye gutangwa ku nshuro yacyo ya  69 kuva cyatangira gutangwa, kikaba gitangwa na France Football buri mwaka, kigahabwa umukinnyi witwaye neza kurusha abandi ku isi mu mwaka w’imikino bigendanye n’uko aba yaritwaye ibikombe yegukanye n’ibitego yatsinze nabyo bigira uruhare mu gutoranya umukinnyi mwiza w’umwaka.

Kuva Ballon d’Or yatangira gutangwa mu 1956 igatwarwa na  Stanley Matthews ku nshuro ya mbere, umukinynyi umaze kuyeguka inshuro nyinshi ni Lionel Messi aho afite 8naho Christiano Ronaldo akajyira inshuro 5, naho iy’umwaka ushize yatwawe na Rodri ukininira Manchester City yo m’ubwongereza.

Kuri iyi nshuro abakinnyi benshi baracyahabwa amahirwe yo kuyegukana bitandukanye n’imyaka yashize aho wasangaga zayegukana yabaga agragarira buri wese bigendanye n’uko yabag yarakoze ibitndukanye gusa kuri ino nshuro bwo abakinyi benshi baracyahabwa amahirwe gusa Osimeni Dembele ugunira PSG niwe uri guhabwa amahirwe menshi cyane mu gihe yaba abashije kweguka UEFA Champio League, abanda bahabwa amahirwe harimo Raphihna wa FC Barcelona na mugenzi we bakina a umwana muto uri Kubica bigaciaka muri iki gihe Lamine Yamal, undi uhabwa amahirwe harimo Lautaro Martinez ukina Inter Milan.

N’ugutegereza tukarba gusa abo nibo bahabwa amahirwe kurusha abanda gusa na Muhamed Salah ashobora kuzamo, kuri iyi nshuro nta mukinnyi wa Real Madrid uri gubwa amahirwe bigendanye n’umwaka mubi w’imikino ino kipe yagize.

aba nibo bakinnyi bahabwa amahirwe kurusha abandi yo kwegukana Ballon d’Or 2025

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends