Ikipe ya Arsenal yabonye amanota atatu agoye nyuma yo gutsinda ikipe ya Newcastle United ibitego 2-1 mu mukino w’unsi wa gatandatu wa shampiyona y’Ubwongereza.
Ikipe ya Alsenal yari yasuye ikipe ya Newcastle kuri St James’ Park mu mukino w’umunsi 6 wa Primier League, ikipe ya Arsenal yagiye gukina uno mukino ibizi neza ko igomba kubona amanota atatu kujyira ngo iganaye amanota yayo na Liverpool kuko yo yari yatakaje k’umunsi w’Ejo.
Wri umukino ukomeye bijyendanye n’uko St James’ Park ari hamwe mubibuga bikunze kugora ikipe ya Arsenal dore ko n’umwaka ushize ariho batakarije igikombe ubwo batsindirwagayo.
Ikipe ya ya Newcastle United niyo yafunguye amazamu k’umunota wa 34 cyatsinzwe na Niclas Woltemade, byaje kugora cyane ikipe ya Arsenal kuburyo bukomeye yagerageza kujyenda ishaka igitego cyo kwishyura ariko bikanga, ku munota wa 56, Riccardo Calafiori yahawe ikarita y’umuhondo, naho ku munota wa 83 Joelinton na we ahabwa ikarita y’umuhondo kubera ikosa yari akoze. Ibi byakurikiwe n’igitego cyo kwishyura ku munota wa 84 cyatsinzwe na Mikel Merino, ku mupira mwiza yahawe na Declan Rice, bituma amakipe anganya 1-1. Gusa mu minota yakurikiyeho, ikipe yari ishyigikiwe cyane yatsinze igitego cya kabiri, maze umukino urangira ari 1-2.
Ikipe ya Arsenal yahise ifata umwanya wa n’amanota 13 nyuma ya Liverpool ifite amanota 15 iri k’umwanya wa mbere.



