Bikomeje kubera ikibazo abahanzi Bose ku isi kunyeganyiza Tylor swift na Drake

Umuhanzikazi Tylor swift akomeje koroherwa n’inzira ze mu muziki aho biri kubera bagenzi be urugamba rukomeye kugirango babashe kumunyeganyiza aho atakiva ku mwanya wa Mbere ku bashyiraho imibare myinshi yababakunda ku mbuga zirururizwaho imiziki.

Ibi ni nyuma yaho uyu muhanzi akomeje kuyobora abandi bahanzi mu ngeri hafi ya zose kuri izi mbuga bahuriraho nka Spotify aho iyi Spotify ho byabaye ibindi bindi muri uyu mwaka wa 2025 bisa naho bamwe bamaze kurekura.

Tylor swift kuri ubu amaze ibyumweru birenga icumi yaramenyereje abakunzi be Umwanya wa mbere kuri Spotify ku rutonde rw’abahanzi bakunzwe ku ingengabihe y’umunsi aho aba akurikirwa na Drake mu kiciro rusange naho mu bagore akaza aruyoboye.

Si ibyo gusa kuko ku rundi ruhande Uyu muhanzikazi Tylor swift aherutse kugera ku gahigo ko kuba umukobwa wa Mbere rukumbi ukora umuziki wagejeje ku bamwumviye kuri Spotify bagera kuri Miliyari 110 mu mateka y’umuziki ku isi aho akurikirana na Drake we uyoboye abandi Bose ku isi kuri Spotify na Miliyari 120.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends