Rutahizamu Bray Mbeumo yamaze gushyira umukono kumasezerano mu ikipe ya Manchester United, akaba yabaye umukinnyi wa gatatu iyi kipe ya Manchesteer United isinyishije muri iyi mpeshyi.
Brayan Mbeumo w’imyaka 25 warusanzwe ukinira ikipe ya Brentford akaba yasinye amasezerano y’imyka itanu ishobora konjyerwaho undi mwaka umwe. Akaba abaye umukinnyi wa gatatu iyi kipe isinyishije muri iyi mpeshyi nyuma ya Matheus Cunha na Diego Leon.
Brayan Mbeumo usanzwe ukomka mu Camerron ikipe ya Manchester United yamuguze nyuma y’ibyumweru birindwi uhere igihe yajyanye amafaranga ya mbere muri Brentford bakayitera utwatsi, uyu musore yatangaje ko yinjiye mu ikikipe y’inzozi ze nyuma yo kuva muri Brentford akerekeza muri Manchester ku kayabo ka miliyoni €65 zizongerwaho izindi miliyo €6 zose zikahwana na miliyoni €71.
Nyumayo gusinya uyu musore yatangaje ko yinjiye mu ikipe y’inzozi ze.
Intego yanjye buri gihe ni ugukora kurusha ejo hashize. Nzi ko mfite umutima n’imyitwarire bikenewe ngo ntambuke ku yindi ntera hano, nigira kuri Ruben Amorim kandi nkina n’abakinnyi bo ku rwego rwo hejuru.”
“Benshi bambwiye ibijyanye n’umwuka uri kubakwa hano n’ukuntu imigambi y’ahazaza ishimishije. Ni ikipe ikomeye, ifite sitade idasanzwe n’abafana badasanzwe. Twese dufite umuhate wo guhatanira ibikombe bikomeye.”
Mbeumo n’umwe muri barutahizamu beza kujyeza ubungubu dore yinjiyemuri Brentford avuye muri Troyes mu 2019, aho yakiniye iyi kipe imikino 242, atsindamo ibitego 70 akanatanga imipira 51 yavuyemo ibitego. Mu mwaka ushize wa shampiyona, yatsinze ibitego 20 anatanga imipira 8 yavuyemo ibitego ibyo byose yabikoze mu kipe nroya nka Brentford ari nayo baymushyize ku isoko ryo gushakishwa n’amakipe akomeye.
Brayan Mbeumo ajyiye kujyana n’ikipe ya Manchester United muri Leta zunze ubumwe z’Amerika kwitegura umwaka w’imikino utahao aho ino kipe igiye kwerekeza gukina imikino ya gicuti.

Brayan Mbeumo yasinye amasezerano y’imyaka itanu ishobora kuzonjyerwa ho umwe.
