Nyuma y’iminsi myinshi ikipe ya Manchester United ibwiye umusore w’Umunya-Arijantine Alejandro Garnacho ko itakimukeneye, ubungubu n’uko uyu musore yamaze kwerekeza mu ikipe ya Chelsea.
Uyu musore wagiye agaragaza ko ashaka kwerekeza mu ikipe ya Chalsea , uyu musorero bikaba byamaze kurangira amakipe yombi yambi yamaze kumvikana haba ikipe ya Manchester United ndetse na Chelsea yamaze kumvikana kubyu musore kuri miliyoni £35-40m biteganyijwe k’umunsi w’ejo ku wakane azakora ikizamini cy’Ubuzima ubundi agashyira umukono kumasezerano muri iyi kipe ya Chealsea.
wavukiye i Madrid muri Espagne ku itariki 1 Nyakanga 2004. Yatangiye gukina mu ikipe y’abato ya Atlético Madrid mbere yo kwerekeza muri Manchester United mu 2020 afite imyaka 16. Mu 2022 yazamuwe mu ikipe nkuru ya United aho yahise yigaragaza nk’uwifitemo impano idasanzwe mu kwiruka, amacenga no gutsinda ibitego bikomeye, akenshi agereranywa na Cristiano Ronaldo kubera uburyo akinamo. N’ubwo yari yarakinye mu makipe y’abato ya Espagne, yahisemo gukinira igihugu cya nyina, Argentine, akaba yarahamagawe bwa mbere mu ikipe nkuru mu 2023. Ubu afatwa nk’umwe mu bakinnyi bafite ejo hazaza heza muri Manchester United no mu ikipe y’igihugu ya Argentine.

Byarangiye Ikipe ya Chelsea yamaze kumvikana na Manchester United k’umusore Alejandro Garnacho
