Captain Traoré yihagararaho: Abaturage Baramuririmba, Abandi Baramushinja Kudindiza Demokarasi

Ouagadougou –: Mu gihe Burkina Faso ikomeje kuyoborwa na leta ya gisirikare iyobowe na Captain Ibrahim Traoré, ibimenyetso bigaragaza ubushyamirane bukomeye hagati y’ubutegetsi n’impirimbanyi za demokarasi. Nubwo hari ibihumbi by’abaturage bashyigikiye Traoré mu mihanda yose, abandi bamagana uburyo akomeje gutinza amatora no kugumya ubutegetsi mu buryo budasobanutse.

Ku itariki ya 22 Mata 2025, Traoré yatangaje ko habayeho umugambi wo kumuhirika ku butegetsi, ariko ko inzego z’umutekano zagiye zikumira iyo “coup d’état” yategurwaga n’abasirikare barimo n’abahoze bakorana na guverinoma ya mbere. Guverinoma ye yavuze ko abafashwe bagejejwe imbere y’inkiko za gisirikare.

Gusa, ibivugwa ku migambi ya coup d’etat ntibyakiriwe kimwe n’abaturage bose. Abashyigikiye Traoré bamufata nk’umuyobozi w’umucunguzi, ugamije guhindura igihugu cyari kimaze igihe kirekire mu kavuyo.

Abaturage bagera ku bihumbi bakoraniye ku kibuga cya Place de la Révolution i Ouagadougou, baririmba amagambo amushyigikira:

“Traoré ni we uduhagarariye. Ntidukeneye abajenerali bakoye ku mahame ya demokarasi .”

Abaturage bamwe bavuga ko ari we wazanye icyizere cyo guhangana n’imitwe y’iterabwoba n’ubukoloni bushya, banashima uko yitandukanyije n’amahanga nka France, bashinja kwivanga mu miyoborere y’akarere.

Icyakora, amashyirahamwe y’abaharanira demokarasi aramagana ingamba za Captain Traoré zo gusubika amatora kugeza mu 2029, yitwaje ko igihugu kigikeneye umutekano uhagije.

Abaturage batavuga rumwe n’ubutegetsi baravuga ko: Amatora yarakabaye atunganywa hakiri kare, Abanyamakuru n’abatavuga rumwe na leta barimo gukumirwa no gufungwa, Amashyaka ya politiki yakuweho mu buryo bw’amategeko atemewe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends