Crystal Palace yatsinzwe ubujurire ku cyemezo yari yafatiwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (UEFA)

Ikipe ya Crystal Palace yatsinzwe ubujurire ku cyemezo yari yafatiwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru k’umugabane w’iburayi(UEFA), aho yari yategetswe gukina muri UEFA Conference League aho gukina UEFA Europa League kuko yarenze ku mategeko agenga abatunze amakipe.

Ubu bujurire bwateshejwe agaciro nyuma y’uko ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru k’umugaba w’iburayi(UEFA) risohoye amakuru avuga ko ikipe ya Crystal Palace yatsinzwe urubanza yari yarajuririyemo isaba ko yazakina UEFA Europe League aho gukina UEFA Conference League.

Nubwo Crystal Palace yegukanye FA Cup mu mwaka ushize wa 2024/25, ntabwo yemerewe gukina UEFA Europa League kuko ubusanzwe ikipe yegukanye FA CUP ihita ibona itike iyemerera gukina imikino ya Europa League, gusa nlkuko amategeko ya UEFA abiteganya nta makipe amwe y’umuntu umwe yemerewe gukina irushanywa rimwe, Kubera ko ikipe ya Crystal Palace ndetse na Lyon yo mubufaransa zose ari izumukire w’Umunyamerika John Textor. kandi zose zarabonye itike yo gukina imikino ya UEFA Europa League bayabaye ngombwa UEFA ifata icyemezo cyo gukura Crystal Palace ikayerekeza muri Conference League.

Ikipe ya Crystal Palace yaje kujurira icyo cyemezo gusa n’ubundi yaje konjyera gutsindwa urubanza kuko umwaka utaha w’imikino igomba kuzakina UEFA Conference League.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends