Kuri uyu mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Nyakanga 2025 nibwo ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo ikipe ya Rayon Sport yatangaje ko yamaze gusinyisha Umurundi Bigirimana Abedi amasezerano y’umwaka umwe.
Bigiramana Abedi yasinyiye ikipe ya Rayon Sport nyuma y’amezi atatu ibiganiro bitangiye ku mpande zombi, dore ko byatangiye mu kwezi kwa Mata nyuma y’uko uyu musore yagombaga kurangiza amasezerano ye muri Police ikipe ya Rayon Sport yari mu bakinnyi ba mbere yagombaga guhita isinyisha gusa biza kwanga nyuma yo kutumvikana ibijyanye n’amafaranga.
Uyu musore yasinye amasezerano y’umwaka umwe gusa ahabwa agera kuri Miliyoni 25Frw, ni nyuma y’uko uno musore yari yabaciye miliyoni 40 kujyira ngo asinye amasezerano y’imyaka ibiri ariko biza kurangira impande zombi zihurije kukuba yasinya amasezerano y’umwaka umwe agahabwa miliyoni 25 Frw.
Abedi Bigirimana umukinyi w’ikipe y’igihugu y’uburundi n’umwe mu bakinnyi beza bakina hagati mu kibuga hano mu Rwannda ndetse no muri Africa y’uburasirazuba, muri 2023 yavuye muri Kiyovu Sport yerekeza muri Police aguzwe miliyoni zigera kuri 40 Frw nyuma yo gufasha kiyovu Sport kurangiriza ku mwanya wa Kabiri n’ubwo babuze igikombe k’umunota wa nyuma ari n’umwe mu basore bari bahetse Kiyovu Sport.
Ubuhanga n’ubushobozi bwa Abedi Bigirimana ntawubushidikanyaho N’umwe mu basore wavuga ko bazafasha iyi kipe kuburyo bukomeye cyane.ayon Sports iratangira #RayonWeek2025 tariki ya 1/8/2025 bazakinamo imikino 3 ya gicuti na Etincelles, Gasogi United na Gorilla basoreze kuri #RayonDay2025 bakina na Yanga Africans muri stade Amahoro tariki ya 15/08/2025.

Abedi Bigirimana yasinye amasezerano y’umwak umwe gusa

Yahawe agera kuri miliyoni 25 Frw kujyira ngo asinye

