Donald Trump yatangaje ko azitabira umukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi cy’Amakipe uzabera mu mujyi wa New Jersey

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yatangaje ko azitabira umukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi cy’Amakipe kigomeje kubera n’ubundi muri iki gihugu, umukino wanyuma uteganyijwe k’umunsi wo ku cyumweru triki ya 13 Nyakanga 2025 ubere mu mujyi wa New Jersey.

Ibyuko Trump azitabira umukino wanyuma yabitangaje ku wa kabiri nyuma y’uko ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi (FIFA) rifunguye ibiro byashyizwe mu mu muturirwa we uhereye I NewYork witwa Tump Tower.

Imikino y’igikombe cy’Isi cy’Amakibe kivuguruye n’ubwambere cyibaye aho ubusanzwe cyitabirwaga n’amakipe 6 kuko buri mugabane woherezaga ikipe imwe iwuhagarariye, ariko kuri iyi nshuro cyitabiriwe n’amakipe 32 kikaba kigiye kuzajya kiba buri nyuma y’imyaka ine, ku nshuro yambere cyiri kubera muri Leta Zunze ubumwe z’amerika aho imikino igeze muri ½.

Ikipe ya Chelsea yo yamaze kugera k’umukino wa nyuma  nyuma yo gutsinda ikipe ya Fluminense yo muri Brazil ibitego 2-0, iba ikatishije tike iyigeza k’umukino wanyuma, iba ibaye n’ikipe ya mbere ikoze amateka yo kugera k’umukino wa nyuma kuva kino gikombe cyavugururwa uko gikinywa.

Kuri uyu mugoroba tariki ya 9 Nyakanga 2025 hategerejwe umukino karundura aho hagomba kurara hamenyekanye ikipe iribugere k’umukino wa nyuma igasangayo ikipe ya Chelsea hagati ya PSG na Real Madrid.

N’umukino utegerejwe n’abantu benshi haba kuruhande rw’ikipe ya PSG yagaragaje ko yagize umwaka w’imikino udaszwe nyuma yo kwegukana UEFA Champion League ndetse ikaba yaranakuye ikipe ya Bayern Munich muri ¼ iyitsinze ibitego 2-0 ndetse inayirusha , n’imwe mu makipe atinyitse muri uyu mwaka w’imikino kuko yagiye yihaniza amakipe menshi.

Ikipe ya Real Madrid nayo n’imwe mu makipe y’ubukombe nyuma y’uko iyi kipe ihawe umutoza Xabi Alonso ubona ko hari byinshi byahindutse irimo kugenda yitwara neza ,yakuyemo ikipe ya Borussia Dortumundi muri 1/4. N’umukino uraza gutangira ku isaha ya Satatu z’umugoroba.

Donald Trump yatangaje ko azitabira umukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi cy’Amakipe

FIFA yimuriye iiro byayo mu muturirwa wa Donald Trump

Umuturirwa wa Donl Trump ugizwe n’amagorofa 58

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends