Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda Eddy kenzo ayoboyo abandi bahanzi muri uganda ku rubuga rwa youtube.

Iyo urebye neza mu bahanzi bo mu gace k’uburasirazuba bwa afurika gaherereyemo n’iki gihugu cy’Ubugande usanga ari abahanzi mbarwa bageze ku babakurikira bagera kuri Miliyoni 2 ku ama shene yabo ya youtube aho n’uyu Eddy kenzo ari muri abo bake.
Reka turebe uko uyu uyu muhanzi Eddy kenzo umaze iminsi yinubira uburyo abanyamahanga baza mu gihugu cyabo bahenze cyane nyamara n’abiwabo bafite ubushobozi bwo guhereza ibyishimo abakunzi b’umuziki.

Eddy kenzo twarimo kugarukaho ari ku mwanya wa mbere mu bahanzi bakurikirwa cyane muri Uganda kuko akurikirwa na Miliyoni 2 n’ibihumbi 620 kuri shene ye ya youtube akaba akuba kabiri umuhanzi umukurikira ariwe Sheebah karungi we ufite abamukurikira ibihumbi 690 barengaho.
ibi bivuzeko kukukijyanye n’abakurikira shene ye uretse kuba ayoboye mu gihugu cyabo no mu Rwanda ntamuhanzi umuri imbere kuko ntanumwe ufite abamukurikira barenga na Miliyoni imwe n’igice.
Chamili uri ku mwanya wa gatatu ari kurya isataburenge Sheebah bakurikirana kuko amusumbya umubare muto cyane kuburyo akoze cyane mu gihe gito yaba yamurenze cyane ko we agejeje ku bantu ibihumbi 670 barengaho akaba akurikirwa na Spice diana uri kuzamuka neza mu muziki wa Uganda kubera indirimbo ze nziza we wigwijeho abagera ku bihumbi hafi 585 kuri shene ye.
ku mwanya wa Gatanu hariho umuhanzikazi Rema wakoranye indirimbo n’umunyarwanda The ben aho we akurikirwa n’abarenga ibihumbi 535.
nyuma y’uru rutonde abantu baribaza niba koko Eddy kenzo afite impamvu yo kuvugira abahanzi bo muri Uganda kuko imibare yabo nabo igaragaza ko bashoboye nubwo hari n’abandi batabibona nkawe.

