Mu gihe isi ikomeje kugaragaramo umwuka w’amakimbirane hagati y’ibihugu bikomeye, ikibazo gikomeje kwibazwa ni: Ese ni he umuntu yaba atekanye haramutse hadutse Intambara ya III y’Isi?
Abahanga mu by’umutekano mpuzamahanga n’imibanire y’ibihugu bagaragaje ibihugu 5 bifatwa nk’aho bifite umutekano urenze ibindi, kubera politiki yabyo, aho biherereye ku ikarita y’isi, ndetse n’imiyoborere ishingiye ku kwitaza amakimbirane.
1. Switzerland
Igihugu kizwi nk’indorerezi kuva kera, kikaba kidakunze kwivanga mu ntambara mpuzamahanga. Gifite uburyo bukomeye bwo kwirinda no kurinda abaturage bacyo igihe habaye intambara.
2. New Zealand
Giherereye kure cyane mu majyepfo y’isi, gifatwa nk’igihugu cy’icyitegererezo mu mutekano igihe habaye amakimbirane akomeye ku isi.
3. Iceland
Nubwo kidafite ingabo zisanzwe, giherereye mu nyanja ya Amajyaruguru kure y’ibihugu bikunze gushyamirana, bigatuma kigaragara nk’igicumbi cy’amahoro.
4. Bhutan
Igihugu cyo mu misozi ya Himalaya kizwiho politiki yo kwitaza amakimbirane mpuzamahanga no gushyira imbere imibereho ishingiye ku byishimo by’abaturage bacyo.
5. Finland
Ifite gahunda yo kwirinda ikomeye n’ubwirinzi bw’igihugu. Nubwo ihana imbibi n’Uburusiya, irashimirwa kuba igihugu gifite umutekano kandi gifite abaturage biteguye guhangana n’ibibazo.
Mu byukuri nta gihugu kitagerwaho n’ingaruka z’ Intambara ya III y’Isi, ariko ibi bihugu bitanu bifatwa nk’ibyaba bifite amahirwe menshi yo gukomeza umutekano kurusha ibindi, bitewe n’imiterere yabyo, politiki, n’uburyo bw’imiyoborere ibiganisha ku mahoro.
