Europa League:Manchester United yasanze Athletic Club m’urugo yitwara neza iyihatsindira ibitego 3-0

Imikino ya UEFA Europa League yakomezaga aho bakinaga ½ cyirangiza mu ijoro ryakeye aho Mancherster United yari yagiye mu igihugu cya Esipanye gusura ikipe ya Athletic Club maze yitwara neza ihakura impamba ihagije kuko byarangiye itsinze ibitego 3-0.

Wari umukino wari utegerejwe n’abantu benshi bigendanye n’uko Manchester United ntakindi iramira muri uno mwaka w’imikino kuko muri shampiyona iri k’umwanya wa 14, bivuze ngo kugira bazitabire UEFA Champion League umwaka utaha w’imikino naho Athletico Club yo umukino wa nyuma uzabera kuri sitade yabo, ibyo akaba aribyo byakomezaga uyu mukino.

Manchester United ibifashijwemo n’abasore bayo cyane cyane kapiteni wayo Bruno Fernandes witwaye neza agatsinda ibitego bibiri wenyine, Manchester United yabonye igitego cya mbere k’umunota wa 30 cyatsinzwe na Casemiro kuri pase ya Manuel Ugarte, maze k’umunota wa 35 dani Vivian yaje kubona ikarita itukura bishyira Athletico club  ntibyatinze kuko k’umunota wa 37 burno Fernandes yahitse atsinda igitego cya Kabiri kuri Penalite,yongera gutsinda igitego cya 3 k’umunota wa 45 kuri pase ya Manuel Ugarte.

Igice cya Kabiri ntabintu byinshi byagaragayemo ubona ko Manchester United yari yamaze gusa naho yarangije umukino hagiye hagarara ko bakinaga ibintu bitarimo kwataka,Manchester United isa naho yizeye insizi kuko umukino wo kwishyura izwakiririra m’urugo ifite n’impamba y’ibitego 3 byose.

Kurundi ruhande bisa naho amakipe yo m’ubwongereza azahurira k’umukino wa nyuma ukikije uko imikino ibanza yarangiye, Tottenham Hotspur yatsinze ikipe ya Badoe/Glimt ibitego 3-1 ,birangira ubona ko nayo yitwaye neza cyane, aya makipe yombi ashobora guhurira m’umukino wa nyuma nyuma y’uko umwaka w’imikino muri shampiyona bitwaye nabi cyane kudatwara Europe League ntago izakina imikino ny’Africa umwaka utaha.

Chelsea nayo yakina ½ cya conference League aho yatsinze ibitego 4-1 isanze murugo ikipe yitwa Djurgaarden n’ibitego byatsinzwe na Jadon Sancho k’umunota wa13, Noni Madueke k’umunota wa 43 atsinda icya 2, k’umunota wa 59 Nicolas Jackson kuri pase ya Cole Palmer,Nicolas yongera gushyiramo agashinguracumu k’umunota wa 65, bisa naho nayo yamaze kugera k’umukino wa nyuma aho ishobora kuzahura n’izrokoka hagati ya Real Betis na Fiorentina umukino ubanza warangiye Betis itsinze Fiorentina 2-1.

Bruno Fernandes yatsinze ibitego 2 wenyine

Manchester United yabonye impamba ifatika y’ibitego 3

Umukino wo kwishyura uzaba ku wa kane w’icyumweru gitaha

Tottenham Hotspur yatsinze ikipe ya Badoe/Glimt ibitego 3-1

Real Betis yatsinze Fiorentina ibitego 2-1

Chelsea yitwaye neza itsinda ibitego 4-1

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends