K’umugora washize hakinwaga umukino wa ½ cy’igikombe cy’Isi cy’amakipe gikomeje kubera muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, ikipe ya Chealse yitwaye neza igakatisha itike ya iyerekeza k’umukino wa nyuma isezereye ikipe ya Fluminense yo muri Braziliyitsinze ibitego 2-0.
Ibitego byombi bya joão Pedro uherutse kugurwa n’iyi kipe ya Chelsea, n’umukino warukomeye kumpande zombie ukirikije ahao amakipe yagiye anyura kugira ngo agree muri ½, yaba ikipe ya Fluminense yo muri Brazil yatunguranye ndetse na Chelsea nayo yatunguranye kuko ano makipe yombi nta nimwe yahabwaga amahirwe yo kugera k’umukino wa nyuma, ikipe ya Chelsea yabonye igitego cya mbere k’umunota 18 ku ishoti rikomeye ryatewe na joão Pedro yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina, ugusa uno musore yanze kwishimira igitego kuko ino kipe niyo yakuriyemo kumyaka 9, ikipe ya Fluminense nayo yaje kugumya kureba iko ya kwishyura igitego yarimaze gutsindwa maze k’umunota wa 35 byashobokaga ko yabona Peanalite k’upira bahinduye imbere y’izamu maze abasore ba Chelesa bawukora n’intoki maze umusifuzi avuga ko nta Penalite, ninako igice cya mbere cy’umukino cyarangiye ari igitego 1-0.
Mu gice cya kabiri ikipe ya nabwo iri kwataka n’ubwo wabonaga ko amakipe yombi ari kwataka nta kipe iri kurusha indi, gusa k’umunota wa 56 joão Pedro yatsindiye igitego cya kabiri Chelsea maze ikipe ya Chelsea bias naho yizeye kugera k’umukino wa nyuma, gusa uyu musore oão Pedro watsinze ibitego 2 bikaba n’ibitego byambere atsindiye iyi kipe yaje gusohoka mu kibuga k’umunota wa 60 kubera ikibazo cy’imvune.
Ninako umukino waje kura maze Thiago Silva wabaye kapiteni wa Chelsea asezerwana n’ikipe ya Fluminense batageze k’umukino wanyuma, maze Chelsea iba ikoze amateka yo kuba ikipe ya mbere igeze k’umukino wa nyuma w’igikombe cy’isi cy’amakipe kivuguruye.
Kuri uyu mugoroba tariki ya 9 Nyakanga 2025 hategerejwe umukino karundura aho hagomba kurara hamenyekanye ikipe iribugere k’umukino wa nyuma igasangayo ikipe ya Chelsea hagati ya PSG na Real Madrid.
N’umukino utegerejwe n’abantu benshi haba kuruhande rw’ikipe ya PSG yagaragaje ko yagize umwaka w’imikino udaszwe nyuma yo kwegukana UEFA Champion League ndetse ikaba yaranakuye ikipe ya Bayern Munich muri ¼ iyitsinze ibitego 2-0 ndetse inayirusha , n’imwe mu makipe atinyitse muri uyu mwaka w’imikino kuko yagiye yihaniza amakipe menshi.
Ikipe ya Real Madrid nayo n’imwe mu makipe y’ubukombe nyuma y’uko iyi kipe ihawe umutoza Xabi Alonso ubona ko hari byinshi byahindutse irimo kugenda yitwara neza ,yakuyemo ikipe ya Borussia Dortumundi muri 1/4. N’umukino uraza gutangira ku isaha ya Satatu z’umugoroba.

João Pedro niwe watsindiye Chelsea ibitego bibi byose



yanze kwishimira igitego kuko yakuriye muru Fluminense
