K’umunsi w’Ejo nibwo imikino 1/8 y’igikombe cy’Isi cy’Amakipe gikomeje kubera muri Leta Zunze ubumwe za America yatangira gukinywa, ikipe yabimburiye izindi zose n’ikipe ya Palmeiras yo muri Barazil yatsinzi ikipe ya Botafogo nayo yo muri Brazil igitego 1-0, naho ikipe ya Chelsea nayo n’ubwo byasabye iminota 30 y’inyongera aho imino 90 isanzwe yari yarangiye 1-1, ariko umukino wose uzakurangira 4-1.
Byasabye iminota mirongo 30 yiyongera kuri 90 y’umukino kugira ngo hagati ya Palmeiras na Botafogo FR hamenyekane ikipe igera muri 1/4, aya makipe yombi yo muri Brazil yakinnye iminota 90 nta kipe irareba mu izamu ry’indi hitabazwa iminota 30 maze k’umunota 100 ikipe ya Palmeiras iza kubona igitego n’ubwo yaje kubona ikarita itukura k’umunota 116 byaje kurangira igeze muri 1/4.
Kurundi ruhande abakunzi ba Chealse bari bategerezanyije amatsiko yo kureba ikipe yabo ko yaza kwikura imbere ya Benfica yo muri Portugal, numukino wari uryoheye ijisho wabonetsemo ibitego byinshi gusa igice cya mbere cyo cyari cyarangiye ntakipe irebye mu izamu ry’indi. mu gice cya kabiri cy’umukino amakipe yaje yose ari kwataka bitandukanye n’igice cyambere maze k’umunota wa 64 Chelsea yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Reece James kuri kufura yateye neza cyane, gusa cyaje kwishyurwa kuri penalite na Ángel Di María k’umunota wa 90+5 umukino wenda kurangira ku mupira abasore ba Chelsea bakoreye mu rubuga rw’amahina, gusa k’unota wa 92 Benfica yabonye ikarita itukura yahawe Gianluca Prestianni.
Hongeweho iminota 30 maze k’umunota wa 105 k’upira wazamukanywe na cole Palmer umusore Christopher Nkunku aterekamo igitego cya kabiri, k’umunota 115 Pedro Neto atsinda igitego cya Gatatu, maze k’umunota 117 Kiernan Dewsbury-Hall ashyiramo agashinguracuma birangira Chelsea ikatisha itike ya 1/4 izahuramo na Palmeiras yo muri Brazil. ikipe ya Chealse birashoboka cyane urebe ukuntu yaraye yitwaye ikaba yagera muri 1/2.
Kuri icyi cy’umweru ikipe imikino ya 1/8 iraza gukomeza nko guhera sa 18h00 ikipe ya PSG iraza kuba ikina na Inter Miami ya Lionel Messi, n’umukino uraza kubaukomeye kubera ko Messi arabakina n’ikipe yahozemo gusa bisa naho ikipe ya PSG ariyo ihabwa amahirwe cyane.
Kurundi ruhandende guhera 22h00 ikipe ya Bayern Munich iraza gucakirana n’ikipe ya Flamengo yo muri Brazil, n’umukino ahanani n’ubwo amkipe yoo muri Brazil yerekanye ko nayo atavugirwamo gusa Bayern ifite amahirwe yo gukomeza.
Mu mukino iribube uyu munsi amakipe arakomeza azahurira muri 1/4, birashoboka cyane ko twabona PSG na Bayern Munich zihurira muri 1/4.

Palmeiras yatsinze Botafogo FR igitego 1-0 ihita ikatisha itike ya 1/4

Chelsea yasezereye Benfica iyitsinze ibitego 4-1

Chelsea izahura na Palmeiras muri 1/4


