FIFA Club World Cup: Ikipe ya Manchester city yatangiye yitwara neza itsinda ikipe ya Wydad Casablanca ibitego 2-0

Ikipe ya Manchester City yatangiye yitwara neza itsinda ikipe ya Wydad Casablanca yo muri maroco ibitego 2-0 bose baherereye mu itsinda G m’umukino wabaye kuri uyu wa Gatatatu, indi kipe ihagarariye umugabane wa Africa yongera gutakaza umukino, bivuze ko Mamelodi ariyo kipe yonyine rukumbi ihagararariye umugabane w’africa imaze kubona itsinzi, mu gihe amaikipe ahagarariye America Y’amajyepfo nta kipe n’imwe iratakaza umukino ariko amakipe ahagarariye Asia yo akomeje gukubitwa umusubirizo.

N’umukino umutoza Pepe yakoreshejemo abaosore bashya yagiye agura barimo Vitor Reis,Nico O’Reilly,Tijani Reijnders,Rayan Cherki, Haland ntago yabanje mu ikibuga kuko yaje kujyamo k’umunota wa 60 asimbuye Rayan Cherki, ahubwo kuri atake yari yabanjemo Omar Marmoush, n’ukino kandi wongeye kuba ikipe ya Mancherster city yishimira kugaru Rodri kuko yaje kujya mu ikibuga k’umunota wa 60 asimbuye Phil Foden, byari ibyishimo byinshi ku abafana ba Manchester city kubona Rodri nyuma y’imvune y’igihe kirekire agaruka mu ikibuga.

Ibitego bya Manchester city byatsinzwe na Phil Foden k’umunota wa 2 gusa w’umukino naho igitego cya kabiri cyatsinzwe n’umusore Jérémy Doku kuri pase ya Phil Foden wagize umukino mwiza. gusa umusore witwa Lewis yaje kubona ikarita itukura k’umunota wa 88 w’umukino.

Pepe Guardiola yatangaje ko ashaka gutwara kino gikombe kugira ngo abone neza ishusho y’Abakinnyi azaba afite umwaka utaha w’imikino, yatangiye neza atsinda, Amakipe ahagarariye umugabane wa Africa nayo akomeje kugaragaza intege nkeye kimwe n’amakipe yo muri Asia kuko kubona insinzi biri kuba inkibazo gikomeye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends