Imikino y’Amakipe FIFA Club World Cup iri kubera muri Leta zunze ubumwe z’America yakomezaga mu ijoro ryakeye aho hagiye haba imikino igiye itandukanye, n’ubwo abafana bakomeje kuba ikibazo imikino irimo kuba amasitade yambaye ubusa.
Imwe mu amakipe ahagarariye umugabane w’Africa Nyuma yo gutsindwa kwa Esperance no kunganya kwa Al Ahly, yitwaraga neza, ikipe ya Mamelodi Sundowns FC yo muri Africa y’Epfo yitwaraga neza itsinda ikipe ya Ulsan Hyundai igitego 1-0,n’umukino warebwe n’abantu 3,412, akaba ari nayo kipe ya mbere ihagarariye umugabane wa Africa ibonye insinzi ya mbere muri iyi mikino, ikipe ya Inter Milan yatangiye inganya n’ikipe ya Monterrey igitego 1-1, iyi kipe ikinamo kabuhariwe Ramos ari nawe watsindiye ikipe igitego k’umunota wa 25′, ni mugihe ikipe ya River Plate yo muri Arijentine yo yatsindaga ikipe ya Urawa Red Diamond ibitego 3-1, ikipe ya Borussia Dortmund yakinaga n’ikipe irimo abakinnyi bambere bakuze kurusha abandi, muri iki gikombe ariyo Fluminense yo muri Brazil birangira amakipe yombi anganyije 0-0, Umunyezamu wa Fluminense afite imyaka 44, okongeraho Thiago Silver ufite imyaka 40 n’abandi benshi bari muri iyo myaka.
Kuri uyu wa Gatatu nibwo hategerejwe imikino y’amakipe akunzwe cyane byitezwe ko noneho hashobora kuza kuboneka abafana benshi kuri sitade, nko kuruhande rw’umukino uri buze guhuza ikipe ya Real Madrid n’ikipe ya Al Hilal n’umukino uri buze gutangira ku isaha 21:00pm, uyu mukino abafana bagera 80,619, kurundi ruhande ikipe ya Manchester City iraza kuba ikina n’ikipe ya Wydad Casablanca yo muri Marroco n’umukino uratangira ku isaha 18:00pm, nawo n’umukino ushobora kuza gukurikirwa n’abafana benshi ugereranyije n’indi mikino yabanje.
bwo Mamelodi yakinaga na Ulsan, umunyezamu Ronwen Wiliams yatindanye umupira mu ntoki amasegonda arenga 8, umusifuzi atanga corner. Ni ubwa mbere iri tegeko ryari rikoreshejwe.

Mamelodi Sundowns FC yo muri Africa y’Epfo yitwaraga neza itsinda ikipe ya Ulsan Hyundai igitego 1-0

Abafana bakomeje kuba abibura mu amasitade

Ramos yatsindiraga ikipe ya Flominense igitego ubwo banganyaga na Inter

Lautaro niwe watsindiye Inter igitego cyo kwishyura
