Haravugwa biguruntege mu mibare ya Telefone za iPhone uruganda rwa Apple rwacuruje mu myaka ibiri ishize

Amakuru aturuka ku mibare yakusanyijwe mu buryo uruganda rwa Apple rukora rukanacuruza Ibikoresho bitandukanye birimo na telephone zo mu bwoko bwa iphone yagaragaje igisubizo kitishimiwe cyane n’abakunzi n’uru ruganda.

Si abakunzi harwo gusa kuko na ba nyiri uru ruganda bisa naho bagiye nk’akanyanasyo mu mikorere yarwo byumwihariko mu bijyanye no gucuruza ibi bikoresho by’itumanaho biri mu biri ku isoko bifite agaciro kanini aribyo Telefone.

Kuva mu mwaka wa 2015 ni ukuvuga mu myaka icumi ishize Telefone za iPhone uru ruganda rwa Apple rwagurishaga ntabwo zigeze ziyongera cyakora ubwiza n’ibiciro byazo byarazamuwe imwe ku indi kubera imikorere yazo yagiye ivugururwa.

Ubusanzwe izi Telefone zigira amoko atandukanye iyo hari ivuguruwe mu bigiranga bongeramo umubare munini ugaragaza urwego rwayo ku ntego yo kugaragaza ubusumbane bwazo.

Mu mwaka wa 2015 hagurishijwe telefone nk’izi Miliyoni 232,kuva icyo gihe nibwo umuvuduko wa apple wari ugiye hejuru kuko mbere yaho mu mwaka wa 2014 bari bagurishije izigera kuri Miliyoni 169 kugeza ubu bakaba batararenza 232 ahubwo bajya bacishamo bakamanuka ku mibare.

Indi mibare iheruka kumanuka ni iyo mu 2019 ubwo bajyaga hasi bavuye kuri Miliyoni kuri Miliyoni 218 bagurishije muri 2018 bakabona 187 muri uyu wa 2019 ariko muri rusange umwaka bigeze kugurishamo nyinshi ukaba Ari mu 2021 bagejeje kuri Miliyoni 234.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends