Nyuma y’imyaka myinshi akina nk’uwabigize umwuga agatsinda ibitego byinshi akaba rutahizamu ukomeye cyane ariko ku myaka mirongo 31 nibwo yabashije kwegukana igikombe cye cya mbere, Harry Kane yegukanye igikombe cye cya mbere mu mateka kuva yatangira gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga ubwo k’umugoroba ikipe ye Bayern Munich yegukanaga Bundesliga shampiyona y’igihugu cy’ubudage.
Bayern Munichen yagiye gukina umukino yahuragamo n’ikipe ya Leipzig isabwa kubona inota 1 gusa ubundi igahita yegukana igikombe cya shampiyona, rutahizamu harry kane ntago yabashije gukina uyu mukino kuko yarafite amakarita atamwemerera gukina uno mukino, yarari kureba umukino bisanzwe, n’umukino wageze k’umukino wa 62 Bayern Munich yatsinzwe ibitego 2-0 gusa yahise yishyura birangira amakipe yombi anganya ibitego 3-3, ino Bayern Munich yarikeneye yahise iribona ihita yegukana igikombe.
Harry Kane yagiye muri Bayern Munich avuye muri Tottenham Hotspur mu mpeshyi ya 2023, aho yari amaze imyaka irenga 10 akinira iyi kipe yo mu ariko ntagikombe arabasha kwegukana aho yageze hakomeye ni k’umukino wa nyuma wa UEFA Champion League baza kutsindwa na Manchester city birangira nabwo abuze igiokombe , yaje kuyivamo yerekeza m’ubudage gusa umwaka we wa mbere ntibyamuhiriye kuko atigeze yegukana igikombe na kimwe.
N’urugendo rushya uyu musore atangiye nk’uko yahinduye ikipe ashaka kwegukana ibikombe kuko ninayo mpamvu yagiye mu ikipe ikunze kwegukana ibikombe, uyu musore w’umwongereza w’imyaka 31 Watsinze ibitego by’inshi mu mikino igiye itandukanye ariko ikipe yakiniraga ntago yamwemereye kwegukana ibikombe.
Harry Kane amaze gukinira ikipe ya Bayern Muninch iminota 6886 ayitsindira ibitego 77.

Harry Kane yegukanye igikombe cye cyambere ku myaka mirongo 31

Bayern Munich yegukanye igikombe cya Bundesliga

Harry Kane ntago yakinnye umukino banganyijemo na RB Leipzig ibitego 3-3 kubera ikibazo cy’amakarita


