Ibitero bya Israel bikomeje Guhitana Abanyamakuru: Umuryango Mpuzamahanga Urasabwa Gufata Icyemezo

Igitero cy’indege cya gisirikare cya Israel cyibasiye abanyamakuru bari hanze y’ibitaro bya Shifa mu Mujyi wa Gaza, gihitana abakozi ba Al Jazeera Anas al-Sharif na Mohamed Qureiqa, hamwe n’abandi bantu bari bahahungiye.

Ubuyobozi bw’ibitaro bya Shifa bwemeje ko uretse aba banyamakuru babiri ba Al Jazeera, hishwe abandi banyamakuru bane ndetse n’abandi bantu babiri. Ubuyobozi buvuga ko n’umuryango w’ihuriro ry’abanyamakuru bemeje ko iki gitero cyangije n’umuryango winjira mu cyumba cy’inkomere cy’ibitaro.

Igisirikare cya Israel cyemeje ko cyagabye iki gitero, kivuga ko al-Sharif yari ayoboye itsinda rya Hamas ibyo we na Al Jazeera bakunze kuvuga ko ari ibinyoma. Ni ubwa mbere kuva iyi ntambara yatangira aho Israel yihutira kwiyitirira igitero cyahitanye umunyamakuru.

Al Jazeera yise iki gitero ubwicanyi bugambiriwe, ishinja Israel kugaba ibitero ku banyamakuru kugira ngo ibuze isi kubona ukuri ku byerekanwa n’itangazamakuru muri Gaza. Mu itangazo ryayo, iyi televiziyo yo muri Qatar yagize iti: “Anas n’abo bakoranaga bari mu majwi ya nyuma yaturukaga muri Gaza, batanga amakuru nyakuri ku buzima bw’abahatuye hagati y’ibitero, inzara, n’isanwa ry’iuduce twangiritse.”

Kuva intambara yatangira, Al Jazeera imaze gutakaza abanyamakuru benshi barimo Ismail al-Ghoul w’imyaka 27, umucameraman Rami al-Rifi bishwe mu mpeshyi ishize, ndetse na Hossam Shabat wishwe n’igitero cya Israel muri Werurwe.

Kuri uyu wa Mbere, imbaga y’abantu barimo abanyamakuru benshi yateraniye ku bitaro bya Shifa gushyingura al-Sharif, Qureiqa n’abo bakoranaga. Umuyobozi w’ihuriro ry’abanyamakuru bo muri Palestina, Ahed Ferwana, yavuze ko abanyamakuru bari kugirirwa nabi ku bushake, asaba umuryango mpuzamahanga kugira icyo ukora.

Al-Sharif yatanze amakuru ku bitero byabaga hafi aho mbere y’uko apfa. Mu butumwa bwanditse yagombaga gutangaza nibamwica, yanditse asaba imbabazi ku muryango we, ashimangira ko “atigeze na rimwe azuyaza gutangaza ukuri uko kuri kose, nta guhindura cyangwa kubeshya.” Yari afite imyaka 28.

Umuryango uharanira uburenganzira bw’itangazamakuru Committee to Protect Journalists watangaje ko abantu nibura 186 bamaze kugwa muri Gaza kuva intambara yatangira, ibi bikaba bituma iyi ntambara yitwa “iya mbere mu mateka ihitanye abanyamakuru benshi.”

Irene Khan, Intumwa yihariye y’Umuryango w’Abibumbye ku bwisanzure bwo gutanga ibitekerezo, yavuze ko “aya ari amayeri ya Israel yo guhisha ukuri, kubuza kwandikwa kw’ibyaha mpuzamahanga no guca intege ubushakashatsi bushobora kuzana ubutabera mu bihe bizaza.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends