Ikipe ya Arsenal Yemeje Amasezerano yo Gusinyisha Martin Zubimendi Avuye muri Real Sociedad kuri miliyoni 60 z’amayero (€60m)

Ikipe ya Arsenal yemeje amasezerano yo gusinyisha umukinnyi wo hagati w’Umunya espanye, Martin Zubimendi, avuye muri Real Sociedad. Uyu mukinnyi w’imyaka 26 azasinyira iyi kipe yo mu Bwongereza nyuma y’isozwa rya shampiyona y’uyu mwaka 2024/2025. Arsenal izishyura miliyoni 60 z’amayero (€60m), angana na miliyoni 51 z’amapawundi (£51m), nk’uko biteganywa mu masezerano ye na Sociedad.

Arsenal ijyiye gusinyisha Martin Zubimendi umukinnyi ukina hagati mukibuga n’urugendo rwo gutangira kwiyubaka nyuma y’uko bamaze kubona ko abakinnyi bafite badahagije kugira ngo babe bageza iyi kipe ku gasongero ikiba yakwegukana ibikombe ni nyuma y’uko uyu mwaka uyibereye imfabusa nta gikombe na cyimwe bagifiteho uburenganzira ko amarushanywa yose yamaze gusezererwa.

Usibye Martin Zubimendi Arsenal irateganya no gusinyisha rutahizamu mushya, aho Viktor Gyökeres wa Sporting CP ari mu bo bareba, umwe muri barutahizamu bagezweho bari gushakishwa n’amakipe menshi akomeye k’umugabane w’iburayi, ni nyuma y’uko abafana ba Arsenal bamaze igihe kini bayishinja kutagira umwataka uri ku rwego kuburyo yabasha kubatwara akabageza aho bifuza, Gusa ibyuyu Viktor Gyökeres ntago birasobanuka neza kuko aracyari mu biganiro n’amakipe menshi acyimwifuza.

Mu minsi yashize Arsenal yatangaje ko kandi iri mubiganiro na William Salba umufaransa umwe muri ba myugariro beza ku Isi,bari kureba ko yakongera Amasezerno akaba yaguma muri Arsenal nubwo amakuru menshi amwerekeza muri Real Madrid umwaka w’imikino utaha, ariko Arsenal iravuga ko idashaka kumutakaza uko byagenda kose bari kureba ko yakongera amasezerano n’ubwo ayo afite azamugeza muri 2027.

Mikel Arteta yaba yavuye ku izima akaba yajya ku isoko gushaka abakinnyi nyuma y’uko mu myaka 5 amaze muri Arsenal nta bikombe bizma arabashagutwara, shampiyona ahora agerageza bikanga bakamushinja kutagira umwataka, Champion League naho bayranze ,nugutegereza tukareba impinduka umutoza Mikel Arteta agiye gukora mu mwaka w’imikino utaha kuko abakunzi ba Arsenal bategerezanyije amatsiko uko azitwara ku isoko ryigura n’igurishary’abankinnyi.

Arsenal Yemeje Amasezerano yo Gusinyisha Martin Zubimendi Avuye muri Real Sociedad kuri miliyoni 60 z’amayero (€60m)

Martin Zubimendi Asanzwe akina muri Real Sociedad hagati mu ikibuga

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends