Ikipe ya Bayern Munich yamaze kumvika na Chelsea kuri Rutahizamu Nicolas Jackson kuri miliyoni £13m

Ikipe ya Chelse na Bayen Munich bamae kumvikana kuri rutahizamu Nicolas Jackson kuri miliyoni £13m harimo n’uko umwaka utaha bazamugura £80.

Uyu munya-Senegal Nicolas Jackson warusanzwe yatakira ikipe ya Chelsea n’umwe mu basore batigeze bemerwa n’abafana b’ikipe ya Chelsea bigendanye n’uburyo yagiye ahusha ibitego, gusa n’umwe mubasore bakoze ibishoboka byose yarafite nubwo batamwemeye kuko ninabyo byatumye amakipe nka Manchester United yaragiye amutekereza ariko byamaze kurangira yerekeje mu ikipe ya Bayern Munich kuba umusimbura wa Harry Kane.

Nicolas Jackson wavukiye i Banjul muri Gambia ku itariki ya 20 Kamena 2001. Yatangiye gukina mu ikipe ya Casa Sports yo muri Senegali, nyuma yitabwaho n’ikipe ya Villarreal yo muri Espagne yamusinyishije mu 2019. Muri Villarreal yakiniye cyane mu ikipe y’abato (Villarreal B), aho yagaragaje ubuhanga mu gutsinda ibitego no kwihuta mu kibuga, bituma mu 2021 atangira guhabwa amahirwe mu ikipe nkuru. Mu mwaka wa 2022/2023, Jackson yabaye umukinnyi w’ingenzi muri Villarreal, byatumye Chelsea FC yo mu Bwongereza imusinyisha mu mpeshyi ya 2023 ku masezerano maremare, agurwa miliyoni 32 z’amapawundi

Nicolas Jackson amaze gutsinda ibitego 30 mu mikino 81 yakinnye kuri Chelsea kuva yinjira muri 2023, ubungubu akaba agiye muri Bayern Munich kugumya kureba ko yakomeza guhanga nyuma y’uko ikipe ya Chealse ibonye ko itakimukeneye igahitamo kumusohora kujyira ngo babone uko bandikisha abandi bakinnyi bashya bayo.

Nicolas Jackson yamaze kuba umukinnyi mushya wa Bayern Munich

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends