Ikipe y’Igihugu ya Australia yegukanye umudali wa Zahabu mu isiganwa rya Shampiyona y’Isi y’Amagare rya “Team Time Trial Mixed Relay”, aho abagabo n’abagore bakinira hamwe nk’ikipe, bose basiganwa n’igihe.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 24 Nzeri 2025 shampiyona y’Isi y’amagare ikomeje kubera hano mu Rwanda yakomeza k’umunsi wayo wa kane, aho kuri uyu munsi hari hatahiwe gusiganywa n’ibihe arikokumakipe y’ibihugu, kuri uyu munsi hitabiriye ibihugu 15 aho buri gihugu cyari giharariwe n’abakinnyi 6 n’ukuvuga abagabo 3 ndetse n’abagore 3, birukanakaga ibirometero bigera kuri 41,8.
N’ukuvuga ngo abakobwa ba buri gihugu babarekurira rimwe uko aba ari batatu bagize ikipe ndetse bakanarekura abahungu batatu bagize icyo gihugu ubundi bakaza guteranya ibihe abakobwa bakoresheje ndetse nibya abahungu bakoresheje maze ikipe yakoresheje ibihe bicye ikaba ari yegukana umudali wa zahabu.
Ikipe y’Igihugu ya Australia yegukanye umudali wa Zahabu mu isiganwa rya Shampiyona y’Isi y’Amagare rya “Team Time Trial Mixed Relay”, aho abagabo n’abagore bakinira hamwe nk’ikipe, bose basiganwa n’igihe.
Australia yakoresheje iminota 54,3 irusha u Bufaransa amasegonda atanu mu gihe ikipe ya gatatu yabaye u Busuwisi bwarushijwe amasegonda 18.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yasoreje ku mwanya wa 11 mu makipe 15 yahatanye muri Team Time Trial Mixed Relay. Yakoresheje 1h03’08’’, isigwa na Australia ya mbere ho iminota 8,38.
Mu bihugu bya Afurika, u Rwanda rwabaye urwa kabiri, inyuma ya Ethiopia yabaye iya 10 ku rutonde rusange








