Nyuma yo gustinda ikipe y’igihugu ya Madagascar ibitego 3-2 ikipe y’igihugu ya Maroc yegukanye CHAN2024 yarimaze igihe kinga n’ukwezi irimo kubera muri Tanzania, Kenya ndetse Uganda.
Mu mukino wa nyuma wabaye kuri uyu wa gatandatu tari ya 30 Kanama 2025 ikipe y’igihugu ya Maroc n’ubundi yahabwaga amahirwe yo kwegukana rino rushanywa yabigezeho nubundi ibasha kuba yaryegukana nyuma yo gutsinda Madagascar ibitego 3-2 mu mukino wabereye kuri sitade mu gihugu cya Kenya.
N’umukino witabiriwe n’abafana bagera kubihumbi 60 nubwo aya makipe yombi ntanimwe yariri m’urugo nNi umukino wari witabiriwe n’abafana benshi ndetse n’abayobozi bakuru b’umupira w’amaguru muri Afurika barimo Perezida wa CAF, Dr. Patrice Motsepe, ndetse na Perezida w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Kenya (FKF) hamwe n’abandi bayobozi bo muri Tanzania na Uganda.
Uyu mukino waruwuzuyemo guhangana gukomeye cyane gusa ikipe ya Madagascar yatunguranye muri rino rushanywa birangira byanze Maroc yegukana igikombe ibifashijwemo n’abasore bayo bakomeye barimo Oussama Lamlioui watsinze ibitego 2 na Youssef Belammari.
Ubwo ikipe y’Igihugu ya Maroc yagukanye igikombe maze Madagascar iba iya 2 , k’umwanya wa gatatu hajemo ikipe ya Senegal yatsinze Sudani penallite 4-2 k’umunsi w’ejo hashize.
Uganda ,Tanzania ndetse na Uganda zigiye gukomeza imyiteguro yo kuzakira igikombe cya Africa (CAN 2027) cya 2027.







