Inshamake kumateka ya perezida wa congo Felix Tshisekedi

Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo yavukiye i Kinshasa ku itariki ya 13 kamena 1963. Ni umuhungu wa Etienne Tshisekedi, washinze ishyaka UDPS(Union pour la Democratie et le progres Social) akaba yaranabaye Minisitiri w’Intebe inshuro eshatu mugihe cya Mobutu Sese Seko.

Mu mwaka wi 1980, umuryango wa Tshisekedi wahungiye mu Bubiligi kubera ibikorwa bya politiki bya se byamushyiraga mu kaga. Ibi byatumye Felix akurira mu Bubiligi,aho yakomereje amashuri ye mumwaka 1990, ubwo yari atuye mu Bubiligi, Felix Tshisekedi yakoze imirimo itandukanye kugirango yitunge. Mu gihe cye muri icyo gihe, bivugwa ko yakoze akazi ko gucuruza Pizza. Icyogihe yari akiri umusore ataratangira ibikorwa bya politiki byimbitse.

Nyuma yaho, yaje kwinjira muri politiki anyuze mu ishyaka UDPS(Union pour la Democratie et le Progres Social), ryashinzwe na se umubyara Etienne Tshisekedi.

Nyuma yo kugaruka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya congo,Felix Tshisekedi yagizwe umunyamabanga Nshingwabikorwa wa UDPS ushinzwe imibanire mpuzamahanga. Mu 2016, yatorewe kuba Visi-Perezida w’ishyaka, maze mu 2018, nyuma y’urupfu rwa se Etienne Tshisekedi, aba umuyobozi mukuru W’ishyaka.

Mu 1995, Felixtshisekedi na Denise Nyakeru Tshisekedi ukomoka i bukavu, mu burasirazuba bwa congo. Bafitanye abana bane abana ba 3 babahungu n’umukobwa umwe.

Mu 2018, Felix Tshisekedi yatangajwe nkumukandida W’ishyaka UDPS mu matora ya perezida. Yatsinze amatora yabaye ku italiki ya 30 Ukuboza 2018, arahira kuyobora igihugu ku itariki ya 24 Mutarama 2019, aba perezida wa gatanu wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya congo, ndetse aba uwambere wabashije kugera kubutegetsi mu buryo bw’ihinduranya ridakoreshejwe intambara.

Mu 2021, Felix Tshisekedi yabaye perezida w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe(AU),

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends