Jack Grealish yerekeje mu ikipe ya Everton nk’intizanyo ya Manchester City

Umwongereza Jack Grealish nyuma yo kujyenda agira imvunye nyinshi bigatuma adatanga umusaruro yari yitezwe ikipe ya Manchester City yahisemo kumutiza ikipe ya Everton.

Amakuru dukesha umunyamakuru ukomeye w’imikino Fabrizio Romano n’uko impande zombi zamaze kwemeranya haba kuruhande rw’amakipe ndavuga Everton na Manchester City, ndetse no kuruhande rw’umukinnyi akaba yamaze kwera kwerekeza muri iyi ipe kujyira ngo arebe ko yabona umwanya wo gukina uhagije.

Jack Grealish yageze muri Manchester City muri avuye muri Aston Villa mu kwezi kwa Kanama 2021, akaba yaraguzwe agegera kuri miliyoni £100 byahise binamugira umukinnyi wa mbere w’umwongereza uguzwe amafaranga menshi, yaje mu ikipe ya Manchester city afatwa nk’umwe mubakinnyi bashobora kuzafasha cyane ariko siko byagenze kuko uyu musore yagiye ahura n’imvune nyinshi zigiye zitandukanye byatumye abura n’umwanya wo gukina.

Mu mikino 157 Jack Grealish yakiniye ikipe ya Manchester City yayitsindiye ibitego 17 mu marushanywa yose.

Amakipe yombi yamaze kwemeranya gusa mubyo bemeranyije harimo ko ikipe ya Everton izajya imuhemba igice cy’umushahara mu bihumbi £300 asanzwe ahembwa ku cyumweru, ndetse mubyo bemeranyijwe ntabyo kugura uyu musore birimo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends