Blog Post

TJPtrends.com > Ahabanza > Imikino > José Mourinho utoza Fenerbahçe yahawe ibihano kubera kwibasira abasifuzi

José Mourinho utoza Fenerbahçe yahawe ibihano kubera kwibasira abasifuzi

Umutoza wa Fenerbahçe SK, José Mourinho, yahawe ibihano bikomeye byo guhagarikwa imikino ine ndetse akanasabwa kwishyura amande ya 35.194£ nyuma yo kunenga bikomeye imisifurire y’umukino wahuje ikipe ye na Galatasaray ku wa Mbere, tariki ya 24 Gashyantare 2025.

Uyu mukino wari uwa Shampiyona ya Turikiya ku munsi wa 25, warangiye amakipe yombi anganyije 0-0. Nyuma yawo, Mourinho ntiyahishe umujinya we ku misifurire, avuga ko umusifuzi wa kane, wari Umunya-Turikiya, “ntacyo yari amaze” kandi ko iyo umukino uza gusifurwa n’Umunya-Turikiya “wari kuba nk’ikiza”.

Aya magambo ntiyakiriwe neza n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Turikiya, ryahise ryicara risuzuma iyi myitwarire maze rifatira Mourinho ibihano birimo:

  • Guhagarikwa imikino ine adatoza Fenerbahçe SK
  • Kwishyura amande ya 35.194£

Mbere y’uko uyu mukino uba, Fenerbahçe SK na Galatasaray bari basabye ko hasifurwa umusifuzi w’umunyamahanga, kugira ngo hirindwe amakimbirane ashingiye ku kuba bamwe bashidikanya ku kudahana ku rwikekwe rw’ubush favoritisme. Icyo cyifuzo cyarubahirijwe, kuko umukino wasifuwe n’Umunya-Slovenia, Slavko Vinčić, ariko umusifuzi wa kane yagumye ari Umunya-Turikiya. Ibi ni byo byarakaje Mourinho, bigatuma atangaza amagambo atarishimiwe nuyu musifuzi.

Nyuma yo gukatirwa ibi bihano, ubuyobozi bwa Fenerbahçe SK bwatangarije BBC ko bugiye guhita bujuririra iki cyemezo kugira ngo bagerageze kugabanyirizwa ibihano by’umutoza wabo.

Si ubwa mbere José Mourinho afatiwe ibihano kubera gutuka abasifuzi. Mu Ugushyingo 2024, yari yarahamijwe ikosa nk’iri maze ahagarikwa imikino ibiri, anacibwa amande y’ibihumbi 15£. Nubwo ibi bihano bimaze kuba inshuro ebyiri mu gihe gito, Mourinho ntaragabanya uburyo avuga ku basifuzi mu buryo budakwiye.

Nyuma yo kunganya na Galatasaray, Fenerbahçe SK iri ku mwanya wa kabiri muri shampiyona n’amanota 58, ikaba irushwa amanota atandatu na Galatasaray iyoboye urutonde. Guhagarikwa kwa Mourinho bishobora kugira ingaruka ku mikinire ya Fenerbahçe, cyane cyane muri iyi minsi ya nyuma ya shampiyona aho buri mukino uba ingenzi mu kurwanira igikombe.

Biracyategerejwe kureba niba ubujurire bwa Fenerbahçe SK buzemerwa cyangwa niba Mourinho azarangiza ibyo bihano uko byatanzwe.

José Mourinho utoza Fenerbahçe yahawe ibihano kubera kwibasira abasifuzi

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *