Kai Havertz agiye kumara hanze ibyumweru biri hagati y’umunani na 12 nyuma yo kubagwa

Rutahizamu wa Arsenal Kai Havertz agiye kumara hanze ibyumweru biri hagati y’umunani na 12 nyuma yo kubagwa.

Kai Havertz yagize ikibazo cy’Imvune k’umukino ikipe ya Arsenal yatsinzemo ikipe ya Manchester United igitego 1-0 ubwo bakinaga umunsi wa mbere wa shampiyona, uyu musore yaje kujyiramo ikibazo cy’Imvune ubwo yaragiye mu kibuga asimbuye, n’ubundi Kai Havertz yarakirutse imvune y’igihe kirekire ubwo yamaze n’uundi amezi atatu adakina kubera ikibazo cyo mu ivi yarariyaragize mu mu mwaka w’imikino ushize wa 2025/2026.

kuri uyu wa gatanu nibwo yabazwe maze abaganga batangaza ko uyu musore w’Umudage agomba kuzamara hanze igihe kingana n’ibyumweru 8 na 12 n’ukuvuga hagati y’amezi 2 na 3 adakandagira mu kibuga.

Nyuma y’uko uno musore agize iki kibazo cy’imvune ikipe ya Arsenal n’ubundi yamaze kuba yasinyisha Ebereche Eze kujyira ngo abe afasha mu gihe uyu Kai Havertz adahari binagaragara ko imvune zikomeje kumwibasira cyane k’uburyo bukomeye.

Ikipe ya Arsenal izasura ikipe ya Liverpool k’umunsi wo ku cy’umweru k’umunsi wa 3 wa shampiyona mbere y’uko abakinnyi berekeza mu makipe y’ibihugu byabo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends