Kaminuza zo muri afurika y’epfo ziri ku isonga mu zikunzwe muri afurika

Ibigo bya kaminuza zo muri afurika y’epfo bikomeje kuza ku isonga ku myanya ya mbere ya kaminuza Nziza Kandi zikunzwe mu iziri kuri uyu mugabane wa afurika muri 2025.

Ni ku rutonde rushya rw’umwaka wa 2025 aho muri kaminuza 10 za mbere zikunzwe kubera ubwiza bwazo rugaragara ho kaminuza 6 zo muri iki gihugu cyonyine bishyira iki gihugu mu kugira uburezi ku rwego rwiza binashyiraho ubushoramari.

Ku mwanya wa Mbere wa kaminuza Nziza muri afurika muri 2025 hari kaminuza ya Cape town yo muri afurika y’epfo ikurikiwe na Witwatersrand University yo muri iki gihugu.

Ku myanya ine yose ya mbere habanza izo muri afurika y’epfo kuko ku mwanya wa Gatatu naho hari kaminuza ya Stellenbosch naho kuwa Kane hakaba Johannesburg university iri muri uyu mujyi.

Kaminuza ya Cairo muri Egypt niyo ya Gatanu kuri uru rutonde rw’izikunzwe muri afurika kubera ubwiza bwazo,ku mwanya wazo wa Gatandatu hari kaminuza ya Pretoria muri afurika y’epfo naho ku mwanya wa karindwi hakaba ho American university iri muri Egypt mugihe ku uwa munane hari Ain shams yo muri Misiri nanone.

Ku mwanya wa cyenda hari kaminuza ya kwazulu natal muri afurika y’epfo ikurikirwa na Tunis el manar yo muri Tunisia ku mwanya wa Cumi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends