#Kwibuka31:Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yibukije ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari amateka adashobora kugibwaho impaka

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yagaragaje ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 atari igikorwa kigibwaho impaka, kuko hari ibimenyetso simusiga bigaragaza ko yateguwe, irigishwa, ndetse igashyirwa mu bikorwa. Ibi yabivuze kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025, mu butumwa yatanze mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Minisitiri Mukazayire yavuze ko nta n’umwe uzoroherwa no guhakana cyangwa kugoreka amateka ya Jenoside jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, kuko ibimenyetso bigaragaza ukuri kw’ibyabaye birahari, harimo abarokotse, abakoze Jenoside ndetse n’inyandiko zigaragaza uko yateguwe.

Yagize ati: “Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yaratekerejwe, irigishwa, ishyirwa mu bikorwa. Kuri mwe mwese mushaka kugoreka amateka, ibimenyetso birahari, abarokotse barahari ndetse n’abayikoze barahari. Nkuko Perezida Kagame yigeze kubivuga ‘Gihamya ntizizabura’.”

Yakomeje agaragaza ko Abanyarwanda bose, haba abacitse ku icumu, abari barahunze, ndetse n’abari mu gihugu batagize uruhare muri Jenoside, barokowe n’Inkotanyi zirangajwe imbere na Perezida PaulKagame, kandi ko ibyo bigomba kwibukwa nk’ihame ry’ukuri.

“Uru Rwanda rwavuye kure, turukesha intwari zitatinye no guhara ubuzima bwazo kugeza n’uyu munsi ngo tubeho, tugire izina, tugire inkomoko. Uruhare rwanjye nawe ni ukuberaho u Rwanda. Abo turi bo, ibyo dukora, ibyo dutunze byose ni uko dufite u Rwanda. Rutariho ntiruriho!”

Minisitiri Mukazayire yahamagariye urubyiruko kwibuka rusanze ku nshingano zarwo, anabibutsa ko Jenoside atari igitekerezo cyavugwaho impaka:
“Rubyiruko tuzirikane ko ntacyo u Rwanda rutugomba, ahubwo turugomba Isi! Tuzirikane ko nubwo twize, dusobanukiwe, twahawe amahirwe yo kubaza no kubazwa ibijyanye n’igihugu cyacu. Hari umurongo ntarengwa! Jenoside yakorewe Abatutsi ntabwo igibwaho impaka! Twibuke twiyubaka.”

Yashoje ubutumwa bwe asaba buri wese kuba hafi ya mugenzi we, no kwitabira siporo nk’inkingi yo gusubiza ubuzima ku murongo, avuga ko siporo yagiye ifasha Abanyarwanda kongera guhumurizwa no kongera guhuza imiryango nyuma ya Jenoside.

Ubutumwa bwe bukaba bwahuriranye n’icyumweru cy’icyunamo, aho Abanyarwanda hirya no hino ku isi bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 31.

#Twibuke Twiyubaka

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yagaragaje ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 atari igikorwa kigibwaho impaka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends