Bwambere mumateka ikipe ya Newcastle United yanditse amateka nyuma yo kwegukana igikombe cya Carabao Cup yaherukaga gutwara muri 1953, itsinze Liverpool ibitego 2-1 mu mukino wari ukomeye wabereye kuri stade Ā nkuru yāigihugu yāabongereza Wembley.
Newcastle, yari yaritwaye neza muri iri rushanwa kuva ryatangira, yagaragaje imbaraga nyinshi muri uyu mukino, aho yatsindiwe ibitego na Dan Burn ndetse na Alexander Isak. Dan Burn yafunguye amazamu ku munota wa 46, atsindira Newcastle igitego cya mbere nāumutwe nyuma yāumupira wari uvuye muri koruneri. Iki gitego cyahaye icyizere Newcastle, kuko byayihaye imbaraga zo gukomeza gusatira bikomeye ishaka igitego cya kabiri.
Ku munota wa 53, Alexander Isak yongeye gutsindira Newcastle igitego cya kabiri, nyuma yo kwinjirira ba myugariro ba Liverpool maze aroba umunyezamu Alisson Becker. Iki gitego cyatumye Liverpool irushaho kujya ku gitutu, ishaka uko yakwisubiza umukino gusa byakomeje kubagora kuko wabonaga ikipe ya Newcastle yaje yiteguye neza yakaniye kuba yakwegukana iki gikombe.
Liverpool ntiyorohewe nāuburyo bwāimikinire ya Newcastle, ariko yakomeje kwihagararaho ishaka uko yakwishyura. Muri iyi minota yāinyongera ikomeza gusatira ndetse igenda ikora impinduka nyinshi, maze Federico Chiesa yaboneye Liverpool igitego cyāimpozamarira ku mupira mwiza yahawe na Dominik Szoboszlai kāumunota 96 habura iminota ibiri ngo iminota umunani yari yongeweho ngo irangire. Icyakora, iki gitego nticyahagije kuko iminota yari yashize, bituma Newcastle United itwara igikombe cya Carabao Cup yaherukaga mumyaka 70.
Iyi ntsinzi ni amateka akomeye kuri Newcastle United, kuko iki gikombe ari kimwe mu bikomeye yegukanye nyuma yāimyaka myinshi itari ifite igikombe kinini. Abafana bāiyi kipe bizihiwe cyane, mu gihe Liverpool igomba gukomeza guhatanira ibindi bikombe biri imbere.
Liverpool icyi nāicyumweru cyayibereye cyibi cyane kuko nyuma yo gusezererwa na PSG muri Champion League iyisanze māurugo,none yongeye gutakaza igikombe itsinzwe na Newcastle 2-1,bivuze ko ibuze ibikombe bibiri mu cyumweru cyimwe ibi ubona ko Atari byiza kuri ino kipe ya Liverpool wabonaga ko arimwe mumakipe yahagabwa amahirwe yo kwitwara neza muri uno mwaka wāimikino,icyo isagaranye nāigikombe cya shampiyona ho ifite amahirwe menshi yo kuyegukana kuko irusha Arsenal amanota 13.ese Liverpool umusruro yari yiteze muri uno mwaka byaba biri kugenda byanga? Umutoza Arne Slot byaba bitangiye kumugendekera gute?nugutegereza tukareba uko imikino irimbere iri bubyitwaremo.

Newcastlle yongeye gutwara igikombe nyuma yāimyaka 70

Newcastle yegukanye Carabao Cup itsinze Liverpool 2-1

Livepool itakaje ibikombe 2 mu cyumweru kimwe
