Madagascar: Imyigaragambyo yatewe n’ibura ry’amazi n’amashanyarazi yahitanye abantu batanu

Antananarivo, 26 Nzeri 2025 – Abaturage bo mu murwa mukuru wa Madagascar, Antananarivo, bigabije imihanda bamagana ibura ry’amazi n’amashanyarazi rimaze igihe, ruswa n’ubukene bwiyongera. Iyo myigaragambyo yasize abantu batanu bishwe, abandi benshi bakomerekeye mu mirwano yabaye hagati y’inzego z’umutekano n’abigaragambya.

Nk’uko byatangajwe n’inzego z’umutekano, abigaragambya batwitse inyubako zimwe na zimwe za leta, bangiza ibikoresho by’umutungo rusange ndetse bagaba ibitero ku nzu z’abayobozi. Polisi yakoresheje imyuka iryana mu maso n’amasasu ya rubber mu rwego rwo guhosha imyigaragambyo, ariko ntibyabashije guhagarika ubukana bwayo.

Perezida Andry Rajoelina yahise asaba ko Minisitiri w’Ingufu asimburwa, anashyiraho ingamba nshya zo kongera amashanyarazi no gukemura ikibazo cy’amazi. Minisitiri w’Intebe nawe yatangaje ko guverinoma igiye kugirana ibiganiro n’abaturage n’imiryango ya sosiyete sivile mu rwego rwo gushaka ibisubizo birambye.

Guverinoma yashyizeho kandi itegeko ryo kuguma mu rugo (curfew) kuva saa moya z’umugoroba kugeza saa kumi n’imwe za mu gitondo, hagamijwe kugarura umutekano. Inzego z’umutekano zavuze ko hari “abantu bake bakoresheje imyigaragambyo mu nyungu zabo bwite” bigatuma haba ibikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Abasesengura politiki bavuga ko ibi bibazo bishobora kongera igitutu kuri leta ya Perezida Rajoelina, bikaba byanaba intangiriro y’imyivumbagatanyo mishya mu gihe ibisubizo bifatika bitabonetse mu maguru mashya.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends