Mali yafashe abasirikare 2 bakuru n’abandi barenga 40 bakekwaho kugerageza guhirika ubutegetsi (coup d’État)

Ku wa 10 Kanama 2025, ubutegetsi bwa gisirikare muri Mali bwatangaje ko bwafashe abasirikare bakuru babiri n’abandi basaga 40 bakekwaho kugerageza kugihirika ubutegetsi. Ibi byabaye mu gihe ubutegetsi buriho buyobowe na Colonel Assimi Goïta bukomeje kotswa igitutu n’abatavuga rumwe na bwo, cyane cyane mu gisirikare ubwacyo.

Muri aba batawe muri yombi, haravugwamo General Abass Dembele, wahoze ari guverineri w’intara ya Mopti ndetse akaba yari umwe mu basirikare bakomeye muri Mali. Undi ni umusirikare mukuru mu ngabo z’ikirere. Bivugwa ko bafashwe mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, tariki ya 10 Kanama, ubwo inzego z’umutekano zabakoragaho igikorwa cyihuse cyo kubafata, nta tangazo ribanziriza iri fatwa ryatanzwe.

Nk’uko byemejwe na Minisiteri y’Ingabo ya Mali, aba basirikare bashinjwa kuba baracuze umugambi wo guhirika ubutegetsi hakoreshejwe imbaraga za gisirikare. Ibyo bikorwa byafashwe nk’“ugutera umutekano w’igihugu akaga,” ndetse ubutegetsi bwemeza ko bwafashe ingamba zikomeye zo kuburizamo uwo mugambi.

Iri fatwa ryakurikiwe n’itangazo rya guverinoma rivuga ko “aba bantu bari bateguye ibikorwa bigamije guhungabanya inzego za Leta no guca intege gahunda yo kugarura umutekano n’ituze mu gihugu.” Ku rundi ruhande, imiryango mpuzamahanga ishinzwe uburenganzira bwa muntu yasabye ko abakekwaho ibyaha bafatwa mu buryo bwubahirije amategeko kandi bagahabwa ubutabera buboneye.

Iyi nkuru ibaye mu gihe Mali imaze imyaka myinshi mu bibazo bya politiki n’umutekano, cyane cyane nyuma y’uduce twinshi twigaruriwe n’imitwe y’inyeshyamba. Ubutegetsi bwa gisirikare bwageze ku butegetsi nyuma ya coups ebyiri zakurikiranye mu 2020 no mu 2021, ibintu byatumye umubano n’ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi urushaho kuzamba.

Kugeza ubu, aba basirikare bafungiwe mu bigo bya gisirikare biri i Bamako mu gihe iperereza rikomeje, kandi biravugwa ko umubare w’abashobora gutabwa muri yombi ushobora kwiyongera. Amakuru aturuka imbere mu gihugu avuga ko ubutegetsi buri gukurikirana abandi bagize uruhare muri uwo mugambi, ndetse ko harimo n’abandi bakomeye bashobora gutabwa muri yombi mu minsi iri imbere.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends