Manchester United yihagazeho murugo inganya na Arsenal bituma igikombe Arsenal irushaho kuzacyumva mu matangazo

Nyuma y’imikino y’iki y’umunsi wa 20 wa shampiyona , bikomeje kugaragara ko Liverpool ifite amahirwe menshi yo kwegukana igikombe cya shampiyona hakiri kare, hagati mu kwezi kwa Kane. Ibi byasobanuwe n’uko Liverpool yicaye ku mwanya wa mbere n’amanota 70, ikurikiwe na Arsenal ifite amanota 55. Uko byagenda kose, iyi kipe ikinira ku Anfield ishobora gutangaza abafana bayo hakiri kare, igihe izaba iramutse itakaje amanota make cyangwa ikagira umuvuduko nk’uwo imaze iminsi igaragaza birashobo ka ko rwose hagati mu kwezizi kwa kane ishobora kwegukana igikombe,ibi babaye nyuma y’uko Manchester united inganyije na Arsenal bigatuma amanota y’ikinyuranyo yiyongera cyane.

Man Utd 1-1 Arsenal: Ibintu bikomeje kugora Arsenal

Mu mukino warangiye  ari 1-1 ku  mpande zombi, Manchester United yanganyije na Arsenal igitego 1-1. Bruno Fernandes yafunguye amazamu ku munota wa 45’+2, atsinda igitego kuri kufura yateye neza cyane ubundi umunyezamu wa David Raya ntiyamenya aho umupira wanyuze igitego kiba cyirinjiye . Gusa, ku munota wa 74, Declan Rice yishyuriye Arsenal, aho yateye ishoti rikomeye umunyezamu wa Manchester United Andre Onana nawe arirambura ariko umupira ntiyawugeraho birangira igitego kigiyemo.

N’ubwo Arsenal yakomeje gusatira, ntibyayibujije kurangiza umukino iri ku manota 55, ikaba irushwa 15 na Liverpool, biyicira amahirwe yo gukomeza kuyiruka inyuma  ku rutonde rwa shampiyona. Abafana ba Arsenal bari bafite icyizere ko ikipe yabo yakura amanota atatu i Old Trafford, ariko bikomeje kubabera ibibazo, kuko bagenda batakaza amanota ku mikino ikomeye,kandi byanashobokaga ko bari no kuyatakaza kuko umunyezamu wa Arsenal yakoze save ikomeye k’umunota wa nyuma birangira birangira upira awukuyemo ishobora no kuzaza muri save z’umwaka kuko yakoze save yagatangaza.

Ibi bivuze ko Liverpool ifite amahirwe menshi yo kwegukana igikombe hagati mu kwezi kwa Kane, niba ntacyo ibaye—nk’uko bivugwa, “keretse Liverpool ariyo yitemeyeho ibisinde.” Ni ukuvuga ko niramuka ikomeje gukina neza, nta kabuza izahita yegukana shampiyona hakiri kare.

N’ubwo ibihe bikomeye bikomeje kugora Arsenal, ntabwo birarangira burundu. Ikiruhuko gito, gukosora amakosa mu busatirizi no gukomeza guha icyizere Declan Rice na bagenzi be byayifasha guhangana na Liverpool. Icyakora, kugira ngo ihindure ibintu, Arsenal isabwa gutsinda imikino myinshi ishoboka, Liverpool igatakaza amanota kandi ukurikije  uko amakipe ahagaze n’ibazo by’imvune biragoye.

Muri rusange, iyi shampiyona iragaragara nk’ishobora kurangira hakiri kare, Liverpool ikaba ishobora kutazategereza kugeza ku munsi wa nyuma kugira ngo yambikwe ikamba. Abafana bayo bategereje kureba niba izakomeza uyu muvuduko ntakemange, cyangwa niba Arsenal n’ayandi makipe azayibuza gutwara igikombe kare.

Manchester united yagumye kumwanya 14 n’amanota 34

Ibi byatumye Arsenal irushwa na Livapool amanota 15

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends