Manzi Thierry yaraye afashije ikipe ya Al Ahli Tripoli kwegukana igikombe cya Shampiyona ya Libya

Myugariro w’ikipe y’igihugu Amavubi ndetse akaba na Visi kapiteni yraye afashije ikipe ye ya Al Ahli Tripoli kwegukana igikombe cya Shampiyona ya Libya nyuma yo gutsinda igitego kimwe muri bibiri batsinze ikipe ya Al Hilal Benghazi.

Mu mukino waraye ubaye mu ijoro ryakeye rya tariki ya 12 Kanama 2025, n’imikino ya kamparampaka aho amakipe yabaye ayambere n’ukuvuga amakipe yasoreje mu myanya ine yambere muri shampiyona ya Libya akina imikino ya kamparamapaka kujyira ngo hishakemo uza kwegukana igikombe cya shampiona.

K’umugoroba ikipe ya Al Ahli Tripoli yaraye yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda ikipe ya Al Hilal Bengazi ibitego 2-0, n’umukino wabereye kuri sitade Città di Meda cyo mu Butaliyani, uyu mukino wagomaba kuba warakinywe k’umunsi wo kucyumweru biza kuranjyira utabaye kubera ko ikipe ya Al Ahli Tripoli yanze gukina kubera ko nta VAR yarri kuri sitade.

N’umukino ikipe ya Al Ahli Tripoli yagiye gukina isabwa kunganya gusa k’umunota wa gatanu gusa k’umupira waruvuye muri Koroneri maze Manzi Thierry atsinda igitego cya mbere n’umutwe, k’umunota wa 83 Al Ahli Tripoli yaje gutinda igitego gishimangira insinzi cyatsinzwe Hamdou El Houni.

N’umukino utagaragayemo kapiteni w’ikipe y’igihugu Amavubi kubera ikibazo cy’imvune, Al Ahli Tripoli yahise igira amanota 13 irusha Al Hilal Benghazi amanota 5. ihita yegukana igikombe cya 14 cya shampiyona mu mateka yayo.

Al Ahli Tripoli izahagararira Libya mu mikino ya CAF Champion League aho mu ijonjora rya mbere izahura na Dadjè FC yo muri Bénin.

Manzi Thierry yatsinze igitego 1 muri bibiri ikipe ya Al Ahli Tripoli yatsinze Al Hilal Benghazi

Ikipe ya Al Ahli Tripoli yatwaye igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Libya

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends