Menya abahanzi bo muri Nigeria bakurikirwa cyane kuri Spotify

Urubuga rwa Spotify ruri ku isonga mu mbuga nkoranyambaga zikorerwaho ubucuruzi mpuzamahanga mu muziki byumwihariko abahanzi Bakora injyana zigezweho nka afrobeat,R&B aho uru rubuga rwifashishwa n’abo mu bice n’imigabane itandukanye yo ku isi.

Nkuko bisigaye bimeze umuhanzi Burnaboy yongeye kuza mu ba mbere kuri uru rutonde aho ayoboye abahanzi bo muri iki gihugu anasumbya cyane umukurikira abagera kuri Miliyoni hafi 5 Ari we wizkid nawe ufite izina rikomeye mu muziki wo muri afurika.

Burnaboy uri ku mwanya wa Mbere Afite abamukurikira kuri Spotify bangana na Miliyoni 13 n’ibihumbi 400 naho wizkid umukurikira akaba agejeje ku bamukurikira Miliyoni 8 zijya kugera ku icyenda kuko Miliyoni icyenda babura ibihumbi 200 bonyine.

Undi muhanzi uri muri aba bakurikirwa cyane muri Nigeria kuri uru rubuga rwa Spotify ni Davido uri ku mwanya wa Gatatu n’abamukurikira Miliyoni 8 n’ibihumbi magana ane urushwa bake na wizkid akurikira naho Rema akaba Ari ku mwanya wa 8 na Miliyoni 8 n’ibihumbi 100 bamukurikira.

Kuri uru rutonde batanu ba mbere bakurikirwa cyane ku mwanya wa gatanu hari Asake ukurikirwa n’abantu Miliyoni 6 n’ibihumbi magana inani kuri Spotify.

Iyo ugereranyije imibare y’abakurikira abahanzi bo muri Nigeria muri kuri uru rubuga usanga hari urwego bamaze kugeraho mu muziki cyane ko abazi neza uburyo umuziki ucuruzwa bavuga ko uru rubuga rwinjiriza abarukoresha cyane dore ko imibare yabo ku bihangano byabo iri imbere iyo babona ku zindi mbuga nka YouTube.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

TJP Trends